Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire wafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, agakomeza ibikorwa bya politiki, yahuye n’abandi bashingamategeko bo mu Gihugu cy’u Burayi, baganira kuri politiki yo mu Rwanda.

Ingabire Victoire witangarije ko yahuye n’itsinda riturutse mu Buholandi ryaje mu nama y’ 145 y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iri kubera i Kigali mu Rwanda, yanavuze icyo baganiriye.

Uyu munyapolitiki yavuze ko aba bashingamategeko babiri b’Inteko y’u Buholandi “Twaganiriye ku bijyanye n’imibereho y’abaturage, ubukungu ndetse n’urubuga rwa politiki mu Rwanda.”

Ingabire Victoire watangaje ibyo kuganira n’iri tsinda ryo mu Buholandi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022 ubwo hatangizwaga iyi nama, yagaragaje amafoto bari kumwe.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Ingabire Victoire, yagize ati “Nishimiye guhura muri iki gitondo [igitondo cyo ku wa Kabiri] n’itsinda ry’u Buholandi ryaje muri IPU ya 145 mu Rwanda.”

Ingabire Victoire yahuye n’aba bashingamategeko b’u Buholandi bari mu Rwanda

Aba bagize itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi baje mu nama mu Rwanda, ni Agnes Mulder na Joop Atsma, baje kwifatanya n’abashingamategeko baturutse mu Nteko z’Ibihugu binyuranye ku Isi bari muri nama yatangijwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022.

Uyu munyapolitiki ufite ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yahuye n’aba bashingamategeko bo mu Buholandi nyuma y’amezi ane ahuye n’abandi bo mu Bwongereza, baje mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka.

Aba bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire mu rugo iwe muri Kamena uyu mwaka, ni Chi Onwurah, Pauline Latham bombi bahagarariye ishyaka rizwi nka Labour Party, Harriett Baldwin uhagarariye ishyaka rya Conservative Party na Jeremy Purvis uhagarariye ishyaka Liberal Democrat.

Ubwo aba bashingamategeko b’u Bwongereza basuraga uyu munyapolitiki, byagarutsweho na bamwe barimo Minisitiri w’Ubutegetsi, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney.

Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yari yagize ati“Gusurwa n’Abadepite bo mu Bwongereza bigaragaza ko mu Rwanda buri wese agerwaho n’Uburenganzira bwa Muntu byuzuye.”

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire uvuga ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi. Muri Nzeri 2018, yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 20 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Next Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.