Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire wafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, agakomeza ibikorwa bya politiki, yahuye n’abandi bashingamategeko bo mu Gihugu cy’u Burayi, baganira kuri politiki yo mu Rwanda.

Ingabire Victoire witangarije ko yahuye n’itsinda riturutse mu Buholandi ryaje mu nama y’ 145 y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iri kubera i Kigali mu Rwanda, yanavuze icyo baganiriye.

Uyu munyapolitiki yavuze ko aba bashingamategeko babiri b’Inteko y’u Buholandi “Twaganiriye ku bijyanye n’imibereho y’abaturage, ubukungu ndetse n’urubuga rwa politiki mu Rwanda.”

Ingabire Victoire watangaje ibyo kuganira n’iri tsinda ryo mu Buholandi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022 ubwo hatangizwaga iyi nama, yagaragaje amafoto bari kumwe.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Ingabire Victoire, yagize ati “Nishimiye guhura muri iki gitondo [igitondo cyo ku wa Kabiri] n’itsinda ry’u Buholandi ryaje muri IPU ya 145 mu Rwanda.”

Ingabire Victoire yahuye n’aba bashingamategeko b’u Buholandi bari mu Rwanda

Aba bagize itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi baje mu nama mu Rwanda, ni Agnes Mulder na Joop Atsma, baje kwifatanya n’abashingamategeko baturutse mu Nteko z’Ibihugu binyuranye ku Isi bari muri nama yatangijwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022.

Uyu munyapolitiki ufite ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yahuye n’aba bashingamategeko bo mu Buholandi nyuma y’amezi ane ahuye n’abandi bo mu Bwongereza, baje mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka.

Aba bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire mu rugo iwe muri Kamena uyu mwaka, ni Chi Onwurah, Pauline Latham bombi bahagarariye ishyaka rizwi nka Labour Party, Harriett Baldwin uhagarariye ishyaka rya Conservative Party na Jeremy Purvis uhagarariye ishyaka Liberal Democrat.

Ubwo aba bashingamategeko b’u Bwongereza basuraga uyu munyapolitiki, byagarutsweho na bamwe barimo Minisitiri w’Ubutegetsi, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney.

Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yari yagize ati“Gusurwa n’Abadepite bo mu Bwongereza bigaragaza ko mu Rwanda buri wese agerwaho n’Uburenganzira bwa Muntu byuzuye.”

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire uvuga ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi. Muri Nzeri 2018, yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Next Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.