Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire wafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, agakomeza ibikorwa bya politiki, yahuye n’abandi bashingamategeko bo mu Gihugu cy’u Burayi, baganira kuri politiki yo mu Rwanda.

Ingabire Victoire witangarije ko yahuye n’itsinda riturutse mu Buholandi ryaje mu nama y’ 145 y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iri kubera i Kigali mu Rwanda, yanavuze icyo baganiriye.

Uyu munyapolitiki yavuze ko aba bashingamategeko babiri b’Inteko y’u Buholandi “Twaganiriye ku bijyanye n’imibereho y’abaturage, ubukungu ndetse n’urubuga rwa politiki mu Rwanda.”

Ingabire Victoire watangaje ibyo kuganira n’iri tsinda ryo mu Buholandi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022 ubwo hatangizwaga iyi nama, yagaragaje amafoto bari kumwe.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Ingabire Victoire, yagize ati “Nishimiye guhura muri iki gitondo [igitondo cyo ku wa Kabiri] n’itsinda ry’u Buholandi ryaje muri IPU ya 145 mu Rwanda.”

Ingabire Victoire yahuye n’aba bashingamategeko b’u Buholandi bari mu Rwanda

Aba bagize itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buholandi baje mu nama mu Rwanda, ni Agnes Mulder na Joop Atsma, baje kwifatanya n’abashingamategeko baturutse mu Nteko z’Ibihugu binyuranye ku Isi bari muri nama yatangijwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022.

Uyu munyapolitiki ufite ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yahuye n’aba bashingamategeko bo mu Buholandi nyuma y’amezi ane ahuye n’abandi bo mu Bwongereza, baje mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka.

Aba bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza basuye Ingabire Victoire mu rugo iwe muri Kamena uyu mwaka, ni Chi Onwurah, Pauline Latham bombi bahagarariye ishyaka rizwi nka Labour Party, Harriett Baldwin uhagarariye ishyaka rya Conservative Party na Jeremy Purvis uhagarariye ishyaka Liberal Democrat.

Ubwo aba bashingamategeko b’u Bwongereza basuraga uyu munyapolitiki, byagarutsweho na bamwe barimo Minisitiri w’Ubutegetsi, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney.

Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yari yagize ati“Gusurwa n’Abadepite bo mu Bwongereza bigaragaza ko mu Rwanda buri wese agerwaho n’Uburenganzira bwa Muntu byuzuye.”

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire uvuga ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi. Muri Nzeri 2018, yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Next Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.