Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe hazerekanirwaho film ivuga ku Rwanda y’Ikirangirire ku Isi Ellen DeGeneres

radiotv10by radiotv10
19/09/2023
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye igihe hazerekanirwaho film ivuga ku Rwanda y’Ikirangirire ku Isi Ellen DeGeneres
Share on FacebookShare on Twitter

Filimi mbarankuru igaruka ku kubungabunga Ingagi yakozwe n’umunyarwenya w’ikirangirire akaba n’umunyamakuru Ellen DeGeneres ufite ibikorwa mu Rwanda, hamenyekanye igihe izerekanirwaho.

Uyu munyarwenya Ellen DeGeneres akaba n’umwe mu bafite ibiganiro bya Televiziyo byakunzwe na benshi, akaba amaze umwaka n’igice ahagaritse ikiganiro cye cyari gikunzwe, muri 2018 yaje mu Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame.

Muri Kamena umwaka ushize kandi yagarutse mu Rwanda ari kumwe n’umufasha we Portia de Rossi, banasura ibikorwa byabo birimo ikigo cyo kubungabunga ubuzima bw’Ingagi kiri i Musanze.

Nyuma y’umwaka n’igice ahagaritse ikiganiro cye, agiye kugaruka azanye filimi mbarankuru yiswe ‘Saving the Gorillas: Ellen’s Next Adventure’, ifitanye isano n’ibikorwa bye afite mu Rwanda byo kubungabunga ingagi, izasohoka tariki 23 Nzeri 2023.

Iyi filimi yakozwe ku bufatanye na Televiziyo ikora ku bijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima ya Discovery Channel, ifite amasaha abiri, izatuma Ellen DeGeneres yongera kugaragara kuri televiziyo.

Iyi filimi izatambuka kuri shene za televiziyo nka Discovery+ iboneka kuri dekoderi za DStv ndetse na Shene ya Max.

Iyi filimi mbarankuru izatambuka kuri izi shene, izanerekanwa ku mugaragaro tariki 24 z’uku kwezi kwa Nzeri 2023 ubwo hazaba hizihizwa umunsi wahariwe Ingagi.

Ellen DeGeneres ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru, akomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubungabunga Ingagi, by’umwihariko akorera mu Rwanda, binyuze mu mushinga we yamuritse muri Gashyantare umwaka ushize wa 2022 mu rwego rwo gusigasira umurage wa nyakwigendera Dian Fossey.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 18 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku cyateye inkongi yafatiye imodoka mu muhanda hafi y’urusengero

Next Post

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

Perezida Kagame muri America yagaragarijwe urugwiro rwinshi ubwo yakirwaga ku meza (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.