Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba ko umukino uzayihuza na Rayon Sports, wazabera muri Sitade Amahoro.

Uyu mukino uteganyijwe mu cyumweru gitaha tariki 09 Werurwe 2025, ni umwe mu mikino iba itegerejwe n’abakunzi ba ruhago benshi mu Rwanda, kubera uburyo aya makipe asanzwe ahangana cyane, akaba ari na yo ayoboye ruhago nyarwanda.

Habura icyumweru n’igice ngo uyu mukino ube, Ubuyobozi bw’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, bwandikiye ubwa FERWAFA, bubusaba kuyisabira Sitade Amahoro kugira ngo ari ho uyu mukino uzabera.

Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, igira iti “Dushingiye ku ngengabihe y’imikino ya Rwanda Premier League y’umwaka wa 2024-2025, aho dufite umukino wo kwishyura wa Shapiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports tariki 09/03/2025 saa cyenda zuzuye. Ubuyobozi bwa APR FC bukaba bwifuza ko mwadusabira Stade Amahoro aho umukino uzabera kuri iyi saha n’itariki yavuzwe haruguru.”

Uretse kuba aya makipe asanzwe ari amacyeba, uyu mukino wo kwishyura ugiye kuba anakurikirana, aho Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo ifite amanota 41, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri ifite amanota 37.

Iyi miterere y’urutonde rw’agateganyo na yo iri mu byitezweho kongera igipimo cyo guhangana muri uyu mukino, kuko APR iramutse itsinze yagabanya ikinyuranyo kiri hagati yayo na mucyeba wayo, kikaba inota rimwe, mu gihe Rayon na yo yifuza igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, ishaka gukomeza gushyiramo ikinyuranyo gihagije hagati yayo n’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ibitse ibikombe byinshi bya Shamiyona.

Mu mukino ubanza hagati y’aya makipe muri Shampiyona ya 2024-2025 wabaye tariki 07 Ukuboza 2024, amakipe yombi yari yaguye miswi, anganya 0-0.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Next Post

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.