Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba ko umukino uzayihuza na Rayon Sports, wazabera muri Sitade Amahoro.

Uyu mukino uteganyijwe mu cyumweru gitaha tariki 09 Werurwe 2025, ni umwe mu mikino iba itegerejwe n’abakunzi ba ruhago benshi mu Rwanda, kubera uburyo aya makipe asanzwe ahangana cyane, akaba ari na yo ayoboye ruhago nyarwanda.

Habura icyumweru n’igice ngo uyu mukino ube, Ubuyobozi bw’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, bwandikiye ubwa FERWAFA, bubusaba kuyisabira Sitade Amahoro kugira ngo ari ho uyu mukino uzabera.

Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, igira iti “Dushingiye ku ngengabihe y’imikino ya Rwanda Premier League y’umwaka wa 2024-2025, aho dufite umukino wo kwishyura wa Shapiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports tariki 09/03/2025 saa cyenda zuzuye. Ubuyobozi bwa APR FC bukaba bwifuza ko mwadusabira Stade Amahoro aho umukino uzabera kuri iyi saha n’itariki yavuzwe haruguru.”

Uretse kuba aya makipe asanzwe ari amacyeba, uyu mukino wo kwishyura ugiye kuba anakurikirana, aho Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo ifite amanota 41, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri ifite amanota 37.

Iyi miterere y’urutonde rw’agateganyo na yo iri mu byitezweho kongera igipimo cyo guhangana muri uyu mukino, kuko APR iramutse itsinze yagabanya ikinyuranyo kiri hagati yayo na mucyeba wayo, kikaba inota rimwe, mu gihe Rayon na yo yifuza igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, ishaka gukomeza gushyiramo ikinyuranyo gihagije hagati yayo n’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ibitse ibikombe byinshi bya Shamiyona.

Mu mukino ubanza hagati y’aya makipe muri Shampiyona ya 2024-2025 wabaye tariki 07 Ukuboza 2024, amakipe yombi yari yaguye miswi, anganya 0-0.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 5 =

Previous Post

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Next Post

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.