Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho y’umugabo byavugwaga ko ari umukozi w’Imana, wagaragaje imbaraga z’Uhoraho ubwo yari mu ruzitiro rw’intare azagaza, nk’uko Daniel wo muri Bibiliya yaguye mu rwobo rw’intare ariko ntihagira inamutunga ijanja. Ukuri kw’aya mashusho kwamenyekanye.

Aya mashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umugabo ari mu ruzitiro rurimo intare eshatu, azagaza, ariko zose zatuje nta n’imwe imureba nabi.

Ni mu gihe kandi yari akikijwe n’abantu byavugwaga ko ari Abakristu be, baje kureba ibitangaza by’uyu wavugwaga ko ari umukozi w’Imana, washatse kwerekana ko ibyabaye kuri Daniel wo muri Bibiliya, na we byamubaho.

Abakwirakwije aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga, ni bo bavugaga ko ibi bitangaza byabayeho, aho bavugaga ko uyu mugabo wagaragaye yagaza intare yitwa Pasto Daniel.

Umwe uzwi ku rubuga rwa Instagram muri Nigeria yagize ati “Pasiteri yaje kwereka abayoboke be ko nta mugambi wananira Imana ku muntu.”

Ikinyamakuru BBC cyakoze isesengura kuri aya mashusho, cyatangaje ko ibyatangajwe bishobora kuba bihabanye n’ukuri, kuko uriya mugabo ugaragaramo atari umupasiteri nk’uko byatangajwe ahubwo ko ari umukozi muri Pariki yo muri Mogadishu muri Somalia, usanzwe ahuza urugwiro n’inyamaswa zirimo n’izi z’inkazi.

Uwo mugabo witwa Mohamed Abdirahman Mohamed arasa neza neza n’uwagaragaye muri ariya mashusho, ndetse BBC yemeza ko ari we.

Iki kinyamakuru kivuga ko Mohamed amaze imyaka irenga umunani akora aka kazi muri Pariki ndetse ko afite ubunariribonye bwo gushyikirana n’inyamaswa.

Hanagaragaye kandi andi mashusho y’uyu mugabo ari gukina n’inyamaswa zirimo n’Intare, binakekwa ko ari yo yakaswemo kariya gace kasakaye cyane.

Umwaka ushize kandi uyu mugabo yanagiranye ikiganiro n’umunyamakuru, amuhamiriza ko ubumenyi bwo gushyikirana n’inyamaswa, yabwiyigishije, anamugaragariza uburyo ashobora gukina n’intare ndetse n’inzoka nini zizwi nk’uruziramire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 17 =

Previous Post

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Next Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.