Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho y’umugabo byavugwaga ko ari umukozi w’Imana, wagaragaje imbaraga z’Uhoraho ubwo yari mu ruzitiro rw’intare azagaza, nk’uko Daniel wo muri Bibiliya yaguye mu rwobo rw’intare ariko ntihagira inamutunga ijanja. Ukuri kw’aya mashusho kwamenyekanye.

Aya mashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umugabo ari mu ruzitiro rurimo intare eshatu, azagaza, ariko zose zatuje nta n’imwe imureba nabi.

Ni mu gihe kandi yari akikijwe n’abantu byavugwaga ko ari Abakristu be, baje kureba ibitangaza by’uyu wavugwaga ko ari umukozi w’Imana, washatse kwerekana ko ibyabaye kuri Daniel wo muri Bibiliya, na we byamubaho.

Abakwirakwije aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga, ni bo bavugaga ko ibi bitangaza byabayeho, aho bavugaga ko uyu mugabo wagaragaye yagaza intare yitwa Pasto Daniel.

Umwe uzwi ku rubuga rwa Instagram muri Nigeria yagize ati “Pasiteri yaje kwereka abayoboke be ko nta mugambi wananira Imana ku muntu.”

Ikinyamakuru BBC cyakoze isesengura kuri aya mashusho, cyatangaje ko ibyatangajwe bishobora kuba bihabanye n’ukuri, kuko uriya mugabo ugaragaramo atari umupasiteri nk’uko byatangajwe ahubwo ko ari umukozi muri Pariki yo muri Mogadishu muri Somalia, usanzwe ahuza urugwiro n’inyamaswa zirimo n’izi z’inkazi.

Uwo mugabo witwa Mohamed Abdirahman Mohamed arasa neza neza n’uwagaragaye muri ariya mashusho, ndetse BBC yemeza ko ari we.

Iki kinyamakuru kivuga ko Mohamed amaze imyaka irenga umunani akora aka kazi muri Pariki ndetse ko afite ubunariribonye bwo gushyikirana n’inyamaswa.

Hanagaragaye kandi andi mashusho y’uyu mugabo ari gukina n’inyamaswa zirimo n’Intare, binakekwa ko ari yo yakaswemo kariya gace kasakaye cyane.

Umwaka ushize kandi uyu mugabo yanagiranye ikiganiro n’umunyamakuru, amuhamiriza ko ubumenyi bwo gushyikirana n’inyamaswa, yabwiyigishije, anamugaragariza uburyo ashobora gukina n’intare ndetse n’inzoka nini zizwi nk’uruziramire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Next Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.