Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho y’umugabo byavugwaga ko ari umukozi w’Imana, wagaragaje imbaraga z’Uhoraho ubwo yari mu ruzitiro rw’intare azagaza, nk’uko Daniel wo muri Bibiliya yaguye mu rwobo rw’intare ariko ntihagira inamutunga ijanja. Ukuri kw’aya mashusho kwamenyekanye.

Aya mashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umugabo ari mu ruzitiro rurimo intare eshatu, azagaza, ariko zose zatuje nta n’imwe imureba nabi.

Ni mu gihe kandi yari akikijwe n’abantu byavugwaga ko ari Abakristu be, baje kureba ibitangaza by’uyu wavugwaga ko ari umukozi w’Imana, washatse kwerekana ko ibyabaye kuri Daniel wo muri Bibiliya, na we byamubaho.

Abakwirakwije aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga, ni bo bavugaga ko ibi bitangaza byabayeho, aho bavugaga ko uyu mugabo wagaragaye yagaza intare yitwa Pasto Daniel.

Umwe uzwi ku rubuga rwa Instagram muri Nigeria yagize ati “Pasiteri yaje kwereka abayoboke be ko nta mugambi wananira Imana ku muntu.”

Ikinyamakuru BBC cyakoze isesengura kuri aya mashusho, cyatangaje ko ibyatangajwe bishobora kuba bihabanye n’ukuri, kuko uriya mugabo ugaragaramo atari umupasiteri nk’uko byatangajwe ahubwo ko ari umukozi muri Pariki yo muri Mogadishu muri Somalia, usanzwe ahuza urugwiro n’inyamaswa zirimo n’izi z’inkazi.

Uwo mugabo witwa Mohamed Abdirahman Mohamed arasa neza neza n’uwagaragaye muri ariya mashusho, ndetse BBC yemeza ko ari we.

Iki kinyamakuru kivuga ko Mohamed amaze imyaka irenga umunani akora aka kazi muri Pariki ndetse ko afite ubunariribonye bwo gushyikirana n’inyamaswa.

Hanagaragaye kandi andi mashusho y’uyu mugabo ari gukina n’inyamaswa zirimo n’Intare, binakekwa ko ari yo yakaswemo kariya gace kasakaye cyane.

Umwaka ushize kandi uyu mugabo yanagiranye ikiganiro n’umunyamakuru, amuhamiriza ko ubumenyi bwo gushyikirana n’inyamaswa, yabwiyigishije, anamugaragariza uburyo ashobora gukina n’intare ndetse n’inzoka nini zizwi nk’uruziramire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − three =

Previous Post

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Next Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Related Posts

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

IZIHERUKA

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.