Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’ubucuruzi bw’inyama mu Rwanda, amabagiro agera muri 80 yarafunzwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko atujuje ibipimo ngenderwaho.

Byatangarijwe mu kiganiro Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Jean-Chrysostome Ngabitsinze, bagiranye n’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, bagaruka ku bibazo byagaragaye mu bucuruzi bw’inyama mu bugenzuzi bwakozwe hagati ya 2018 na 2022.

Muri iki kiganiro cyabaye ku wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yavuze ko 40% y’amabagiro 200 abarizwa mu Rwanda, yafunzwe mu Turere dutandukanye tw’Igihugu, kubera kuba atujije ibipimo by’ubuziranenge byashyizweho.

Yagize ati “Dukomeje gukora igenzura rihoraho kugira ngo hubahirizwe ibipimo, kandi turizeza ko amabagiro mashya azajya aba yujuje ibipimo by’ubuziranenge mbere y’uko atangira gukora.”

Minisitiri Musabyimana kandi yanagarutse ku nyubako z’amabagiro ziba zitujuje ibipimo, avuga ko hamwe n’imikoranire y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwubatsi, hazajya hubakwa izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’Akarere ryubatsemo.

Yavuze ko mu rwego rwo guha imbaraga ubu bugenzuzi buriho bukorwa, hahuguwe abantu 543 ku bugenzuzi bw’inyama, barimo abaganga b’amatungo 415 bo mu Mirenge itandukanye y’Igihugu ndetse n’abasuzuma ubuziranenge bw’inyama 128 bakora mu buryo bwigenga.

Abantu 315 muri aba bahuguwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi n’Ihigandwa ndetse n’igishinzwe kurengera abaguzi (RICA), batsinze ibizamini ku bijyanye no gusuzuma ubuziranenge bw’inyama, ndetse banahawe impushya zo gukora izi nshingano.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Ngabitsinze we yabwiye Intumwa za Rubanda ko hakenewe ibihano bikarishye birimo kugaragaza amabagiro akora adafite impushya ndetse n’akora mu buryo butaboneye ibikorwa byo kubaga amatungo.

Yemeye ko hari intege nke zagaragaye mu gusuzuma inyama, zatewe n’umubare muto w’abakora muri ibi bikorwa, byatumye hari ababyinjiramo batabifitiye ubushobozi ndetse n’abacurishije ibyangombwa.

Agaruka ku bagenzuzi bane gusa ba RICA bakora mu bugenzuzi bw’ibiribwa, Ngabitsinze yavuze ko Guverinoma iri gushaka uburyo hajyaho abagenzuzi bikorera, ku buryo no muri iri suzuma ry’inyama, bazamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Next Post

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.