Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’ubucuruzi bw’inyama mu Rwanda, amabagiro agera muri 80 yarafunzwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko atujuje ibipimo ngenderwaho.

Byatangarijwe mu kiganiro Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Jean-Chrysostome Ngabitsinze, bagiranye n’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, bagaruka ku bibazo byagaragaye mu bucuruzi bw’inyama mu bugenzuzi bwakozwe hagati ya 2018 na 2022.

Muri iki kiganiro cyabaye ku wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yavuze ko 40% y’amabagiro 200 abarizwa mu Rwanda, yafunzwe mu Turere dutandukanye tw’Igihugu, kubera kuba atujije ibipimo by’ubuziranenge byashyizweho.

Yagize ati “Dukomeje gukora igenzura rihoraho kugira ngo hubahirizwe ibipimo, kandi turizeza ko amabagiro mashya azajya aba yujuje ibipimo by’ubuziranenge mbere y’uko atangira gukora.”

Minisitiri Musabyimana kandi yanagarutse ku nyubako z’amabagiro ziba zitujuje ibipimo, avuga ko hamwe n’imikoranire y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwubatsi, hazajya hubakwa izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’Akarere ryubatsemo.

Yavuze ko mu rwego rwo guha imbaraga ubu bugenzuzi buriho bukorwa, hahuguwe abantu 543 ku bugenzuzi bw’inyama, barimo abaganga b’amatungo 415 bo mu Mirenge itandukanye y’Igihugu ndetse n’abasuzuma ubuziranenge bw’inyama 128 bakora mu buryo bwigenga.

Abantu 315 muri aba bahuguwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi n’Ihigandwa ndetse n’igishinzwe kurengera abaguzi (RICA), batsinze ibizamini ku bijyanye no gusuzuma ubuziranenge bw’inyama, ndetse banahawe impushya zo gukora izi nshingano.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Ngabitsinze we yabwiye Intumwa za Rubanda ko hakenewe ibihano bikarishye birimo kugaragaza amabagiro akora adafite impushya ndetse n’akora mu buryo butaboneye ibikorwa byo kubaga amatungo.

Yemeye ko hari intege nke zagaragaye mu gusuzuma inyama, zatewe n’umubare muto w’abakora muri ibi bikorwa, byatumye hari ababyinjiramo batabifitiye ubushobozi ndetse n’abacurishije ibyangombwa.

Agaruka ku bagenzuzi bane gusa ba RICA bakora mu bugenzuzi bw’ibiribwa, Ngabitsinze yavuze ko Guverinoma iri gushaka uburyo hajyaho abagenzuzi bikorera, ku buryo no muri iri suzuma ry’inyama, bazamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Next Post

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.