Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’ubucuruzi bw’inyama mu Rwanda, amabagiro agera muri 80 yarafunzwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko atujuje ibipimo ngenderwaho.

Byatangarijwe mu kiganiro Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Jean-Chrysostome Ngabitsinze, bagiranye n’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, bagaruka ku bibazo byagaragaye mu bucuruzi bw’inyama mu bugenzuzi bwakozwe hagati ya 2018 na 2022.

Muri iki kiganiro cyabaye ku wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yavuze ko 40% y’amabagiro 200 abarizwa mu Rwanda, yafunzwe mu Turere dutandukanye tw’Igihugu, kubera kuba atujije ibipimo by’ubuziranenge byashyizweho.

Yagize ati “Dukomeje gukora igenzura rihoraho kugira ngo hubahirizwe ibipimo, kandi turizeza ko amabagiro mashya azajya aba yujuje ibipimo by’ubuziranenge mbere y’uko atangira gukora.”

Minisitiri Musabyimana kandi yanagarutse ku nyubako z’amabagiro ziba zitujuje ibipimo, avuga ko hamwe n’imikoranire y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwubatsi, hazajya hubakwa izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’Akarere ryubatsemo.

Yavuze ko mu rwego rwo guha imbaraga ubu bugenzuzi buriho bukorwa, hahuguwe abantu 543 ku bugenzuzi bw’inyama, barimo abaganga b’amatungo 415 bo mu Mirenge itandukanye y’Igihugu ndetse n’abasuzuma ubuziranenge bw’inyama 128 bakora mu buryo bwigenga.

Abantu 315 muri aba bahuguwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi n’Ihigandwa ndetse n’igishinzwe kurengera abaguzi (RICA), batsinze ibizamini ku bijyanye no gusuzuma ubuziranenge bw’inyama, ndetse banahawe impushya zo gukora izi nshingano.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Ngabitsinze we yabwiye Intumwa za Rubanda ko hakenewe ibihano bikarishye birimo kugaragaza amabagiro akora adafite impushya ndetse n’akora mu buryo butaboneye ibikorwa byo kubaga amatungo.

Yemeye ko hari intege nke zagaragaye mu gusuzuma inyama, zatewe n’umubare muto w’abakora muri ibi bikorwa, byatumye hari ababyinjiramo batabifitiye ubushobozi ndetse n’abacurishije ibyangombwa.

Agaruka ku bagenzuzi bane gusa ba RICA bakora mu bugenzuzi bw’ibiribwa, Ngabitsinze yavuze ko Guverinoma iri gushaka uburyo hajyaho abagenzuzi bikorera, ku buryo no muri iri suzuma ry’inyama, bazamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Next Post

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Abanyura hafi y’Igorerero rimwe mu Rwanda bahishuye ikibabangamiye batahwemye kuvuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.