Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in SIPORO
0
Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yakiriye Ikipe y’Igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 yatwaye igikombe cya Afurika, abashimira uko bitwaye bagahesha ishema Igihugu cyabibarutse, abasezeranya kuzabafasha ibishoboka byose kugira ngo bazitware neza mu mikino y’Isi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2024, aho Minisitiri Nyirishema Richard ari kumwe n’ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND), bakiririye ikipe y’Igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 yatwaye igikombe cy’Afurika (IHF Trophy Continental) cyabereye muri Ethiopia.

Ikipe y’u Rwanda yegukanye iki gikombe itsinze imikino yayo yose harimo uwo yatangiye itera mpaga Congo Brazzaville, ikomeza itsinda Guinea, Zimbabwe, yegukana igikombe itsinze n’Ibirwa bya Réunion ku mukino wa nyuma.

Minisitiri Nyirishema yashimiye abakinnyo b’iyi kipe ku bwo gukora amateka ndetse abemerera ubufasha.

Yagize ati “Tubashimiye ku byiza mwakoze kuko ni ubwa mbere bibaye. Nabashije gukurikira imikino yanyu mbona mwaratsinze mubikwiye. Uyu ni umukino utazwi ariko kuwukundisha abandi bisaba gutsinda.”

Yakomeje agira ati “Turashaka kumenya neza icyo mwifuza, kugira ngo mwitegure neza irushanwa riri imbere, niba mwifuza imikino ya gicuti, mubivuze hakiri kare bizadufasha kwitegura, ariko ntacyo tuzasiga inyuma, ahubwo tuzakora byose mujye guhagararira u Rwanda neza.”

U Rwanda rukaba rwabonye itike y’imikino ya nyuma y’Isi ruzahagarariramo Umugabane wa Afurika mu batarengeje imyaka 20.

Minisitiri Nyirishema yashimiye iyi kipe
Yabasezeranyije kuzafashwa ibishoboka kugira ngo izahagararire neza Umugabane wa Afurika

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Next Post

Abamotari bijanditse mu mayeri yo kujijisha Polisi akabo kashobotse

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bijanditse mu mayeri yo kujijisha Polisi akabo kashobotse

Abamotari bijanditse mu mayeri yo kujijisha Polisi akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.