Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki gitondo i Rebero mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa ‘Bus’ yari itwaye abanyeshuri ibajyanye ku ishuri, yataye umuhanda igakonkoboka ikaruhukira mu ishyamba, bikekwa ko byatewe no gucika feri.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023, ubwo iyi modoka yari itwaye abanyeshuri biga ku ishuri rya Path to Success mu Mujyi wa Kigali yari igeze i Rebero mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru y’ibanze yatangajwe, avuga ko iyi modoka ishobora kuba yari yacitse feri, igata umuhanda, ikaruhukira mu ishyamba.

Abaturage bari muri aka gace kabereyemo impanuka ndetse n’inzego z’ubutabazi zirimo polisi n’iz’Ubuzima, bihutiye kuhagera, bahita batangira guha ubutabazi abana bari bakomereste.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René yatangaje ko iyi mpanuka nta muntu n’umwe yahitanye ahubwo ko yakomerekeyemo abana 15 n’umushoferi wari utwaye iyi modoka.

SSP Irere René yavuze ko aba bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’igihe gito Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena igarutse ku kibazo cy’impanuka za hato na hato zikomeje gutwara ubuzima bwa bamwe.

Bamwe mu Basenateri banagarutse kuri izi modoka zitwara abanyeshuri ziba zishaje, bakibaza uburyo imodoka ziba zakuwe mu muhanda zitemerewe gutwara abagenzi ari zo zijya gutwara abana b’u Rwanda rw’ejo hazaza.

Iyi modoka yacitse feri iruhukira mu ishyamba

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Controle technique ntacyo ibabwiye? Nyabuneka gutwara abanyeshuri no gutwara imifuka cg amabuye biratandukanye. Imodoka zitwara abanyeshuri zigire controle za buri gihembwe cg buri kwezi, na buri cyumweru byashoboka, ababyeyi bakynfanira transportors campany.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Next Post

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.