Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki gitondo i Rebero mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa ‘Bus’ yari itwaye abanyeshuri ibajyanye ku ishuri, yataye umuhanda igakonkoboka ikaruhukira mu ishyamba, bikekwa ko byatewe no gucika feri.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023, ubwo iyi modoka yari itwaye abanyeshuri biga ku ishuri rya Path to Success mu Mujyi wa Kigali yari igeze i Rebero mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru y’ibanze yatangajwe, avuga ko iyi modoka ishobora kuba yari yacitse feri, igata umuhanda, ikaruhukira mu ishyamba.

Abaturage bari muri aka gace kabereyemo impanuka ndetse n’inzego z’ubutabazi zirimo polisi n’iz’Ubuzima, bihutiye kuhagera, bahita batangira guha ubutabazi abana bari bakomereste.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René yatangaje ko iyi mpanuka nta muntu n’umwe yahitanye ahubwo ko yakomerekeyemo abana 15 n’umushoferi wari utwaye iyi modoka.

SSP Irere René yavuze ko aba bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’igihe gito Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena igarutse ku kibazo cy’impanuka za hato na hato zikomeje gutwara ubuzima bwa bamwe.

Bamwe mu Basenateri banagarutse kuri izi modoka zitwara abanyeshuri ziba zishaje, bakibaza uburyo imodoka ziba zakuwe mu muhanda zitemerewe gutwara abagenzi ari zo zijya gutwara abana b’u Rwanda rw’ejo hazaza.

Iyi modoka yacitse feri iruhukira mu ishyamba

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Controle technique ntacyo ibabwiye? Nyabuneka gutwara abanyeshuri no gutwara imifuka cg amabuye biratandukanye. Imodoka zitwara abanyeshuri zigire controle za buri gihembwe cg buri kwezi, na buri cyumweru byashoboka, ababyeyi bakynfanira transportors campany.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Next Post

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda
IBYAMAMARE

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.