Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki gitondo i Rebero mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa ‘Bus’ yari itwaye abanyeshuri ibajyanye ku ishuri, yataye umuhanda igakonkoboka ikaruhukira mu ishyamba, bikekwa ko byatewe no gucika feri.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023, ubwo iyi modoka yari itwaye abanyeshuri biga ku ishuri rya Path to Success mu Mujyi wa Kigali yari igeze i Rebero mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru y’ibanze yatangajwe, avuga ko iyi modoka ishobora kuba yari yacitse feri, igata umuhanda, ikaruhukira mu ishyamba.

Abaturage bari muri aka gace kabereyemo impanuka ndetse n’inzego z’ubutabazi zirimo polisi n’iz’Ubuzima, bihutiye kuhagera, bahita batangira guha ubutabazi abana bari bakomereste.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René yatangaje ko iyi mpanuka nta muntu n’umwe yahitanye ahubwo ko yakomerekeyemo abana 15 n’umushoferi wari utwaye iyi modoka.

SSP Irere René yavuze ko aba bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’igihe gito Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena igarutse ku kibazo cy’impanuka za hato na hato zikomeje gutwara ubuzima bwa bamwe.

Bamwe mu Basenateri banagarutse kuri izi modoka zitwara abanyeshuri ziba zishaje, bakibaza uburyo imodoka ziba zakuwe mu muhanda zitemerewe gutwara abagenzi ari zo zijya gutwara abana b’u Rwanda rw’ejo hazaza.

Iyi modoka yacitse feri iruhukira mu ishyamba

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Controle technique ntacyo ibabwiye? Nyabuneka gutwara abanyeshuri no gutwara imifuka cg amabuye biratandukanye. Imodoka zitwara abanyeshuri zigire controle za buri gihembwe cg buri kwezi, na buri cyumweru byashoboka, ababyeyi bakynfanira transportors campany.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Next Post

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.