Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Komiseri Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, Volker Türk yavuze ko ibintu byifashe nabi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko hari umwuka uteye impungenge.

Volker Türk yabitangaje mu kiganiro yahaye Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu mu Muryango w’Abibumbye i Genève mu Busuwisi kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025.

Yavuze ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “hari ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri ku rwego rwo hejuru.”

Uyu Muyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, yaboneyeho gutanga impuruza ku bibazo biri muri DRC.

Ati “Mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu Epfo, ibiri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birakomeye kandi biteye impungenge.”

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwakunze gushinja uruhande rwa Leta ko rukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu, ndetse ko ari na yo ntego y’urugamba rwaryo rugamije kurandura ibyo bibazo byose.

Kuri Volker Türk we, avuga ko impande zose ziri mu mirwano mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo ziri mu bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu ndetse no guhonyora uburenganzira bwa muntu ku rwego mpuzamahanga.

Volker Türk yavuze kandi ko ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Goma mu mirwano yabaye mu ntangiro z’uyu mwaka, abasirikare ba Leta ya Kinshasa ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo, bakoze amarorerwa ubwo bahungaga.

Yagize ati “Abasirikare ba Congo, ndetse n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufashwa na DRC, bishe abaturage benshi ndetse banafata ku ngufu abagore.”

Inama idasanzwe ya 37 y’Uburenganzira bwa muntu yabaye muri Gashyantare uyu mwaka yigaga ku bibazo bibangamira uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa DRC, Ibihugu binyamurango byemeje ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bikorwa byagaragaye muri kariya gace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + six =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Next Post

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.