Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Komiseri Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, Volker Türk yavuze ko ibintu byifashe nabi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko hari umwuka uteye impungenge.

Volker Türk yabitangaje mu kiganiro yahaye Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu mu Muryango w’Abibumbye i Genève mu Busuwisi kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025.

Yavuze ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “hari ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri ku rwego rwo hejuru.”

Uyu Muyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, yaboneyeho gutanga impuruza ku bibazo biri muri DRC.

Ati “Mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu Epfo, ibiri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birakomeye kandi biteye impungenge.”

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwakunze gushinja uruhande rwa Leta ko rukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu, ndetse ko ari na yo ntego y’urugamba rwaryo rugamije kurandura ibyo bibazo byose.

Kuri Volker Türk we, avuga ko impande zose ziri mu mirwano mu Ntara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo ziri mu bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu ndetse no guhonyora uburenganzira bwa muntu ku rwego mpuzamahanga.

Volker Türk yavuze kandi ko ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Goma mu mirwano yabaye mu ntangiro z’uyu mwaka, abasirikare ba Leta ya Kinshasa ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo, bakoze amarorerwa ubwo bahungaga.

Yagize ati “Abasirikare ba Congo, ndetse n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufashwa na DRC, bishe abaturage benshi ndetse banafata ku ngufu abagore.”

Inama idasanzwe ya 37 y’Uburenganzira bwa muntu yabaye muri Gashyantare uyu mwaka yigaga ku bibazo bibangamira uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa DRC, Ibihugu binyamurango byemeje ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bikorwa byagaragaye muri kariya gace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Next Post

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Related Posts

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingingo yo guhererekanya imfungwa hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni imwe mu zabaye ingorabahizi, ndetse...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratabaza amahanga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi, rwabyutse rurasa ibisasu bakoresheje...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

IZIHERUKA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

20/09/2025
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

20/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

20/09/2025
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.