Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA
4
Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanue Gasana wigeze guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri ubwo yayoboraga Intara y’Amajyepfo, yongeye guhagarikwa kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Iburasirazuba. Hatangajwe icyatumye ahagarikwa.

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rivuga ko “CG (Rtd) Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yahagaritswe ku mirimo kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.”

Nyuma y’amasaha macye ahagaritswe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana kubera gukurikiranwaho icyaha cyo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

CG (Rtd) wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, akaba anaherutse gusezererwa muri Polisi, yanigeze guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo.

Mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe tariki 25 Gicurasi 2020, Gasana Emmanuel yari yahagarikiwe rimwe na Gatabazi Jean Marie Vianney wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Icyo gihe na bwo byavugwaga ko bari bahagaritswe “kubera ibyo bagombaga kubazwa bakurikiranyweho” kimwe nk’uko byatangajwe kuri iyi nshuro ubwo hahagarikwaga Emmanuel Gasana.

Nyuma y’amezi 10 Gasana ahagaritswe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, muri Werurwe 2021 yongeye kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, umwanya yahagaritsweho awumazeho umwaka umwe n’igice.

Ahagaritswe kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba hashize ukwezi kumwe, ashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, dore ko yari yagishyizwemo tariki 27 Nzeri 2023 we n’abandi bapolisi barimo abofisiye bakuru batatu bo ku rwego rwa Commissioner of Police.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Sulaya Jr2 tv says:
    2 years ago

    Amakuru yanyu ntabunyamwuga arimo nibice peee

    Reply
  2. Vedaste UWIHANGANYE says:
    2 years ago

    mugika cyanyuma mwibeshyeho
    ku ishambo abapolisi

    Reply
  3. G Williams says:
    2 years ago

    Ubuse umutwe wiyi nkuru niwo muvuze cg nugudubiramo inkuri zabaye zidafite aho zihuriye mumutwe winkeru mwavuze mutangira!

    Reply
  4. NIYOKWIZERWA JOEL says:
    2 years ago

    Mujye mukora kinyamwuga umutwe w’inkuru nibiri mu nkuru birahabanye muradupfunyikiye mwigaye pe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twenty =

Previous Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku bashoramari bagifite ingingimira ko batashora imari muri Afurika

Next Post

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.