Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA
4
Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanue Gasana wigeze guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri ubwo yayoboraga Intara y’Amajyepfo, yongeye guhagarikwa kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Iburasirazuba. Hatangajwe icyatumye ahagarikwa.

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rivuga ko “CG (Rtd) Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yahagaritswe ku mirimo kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.”

Nyuma y’amasaha macye ahagaritswe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana kubera gukurikiranwaho icyaha cyo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

CG (Rtd) wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, akaba anaherutse gusezererwa muri Polisi, yanigeze guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo.

Mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe tariki 25 Gicurasi 2020, Gasana Emmanuel yari yahagarikiwe rimwe na Gatabazi Jean Marie Vianney wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Icyo gihe na bwo byavugwaga ko bari bahagaritswe “kubera ibyo bagombaga kubazwa bakurikiranyweho” kimwe nk’uko byatangajwe kuri iyi nshuro ubwo hahagarikwaga Emmanuel Gasana.

Nyuma y’amezi 10 Gasana ahagaritswe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, muri Werurwe 2021 yongeye kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, umwanya yahagaritsweho awumazeho umwaka umwe n’igice.

Ahagaritswe kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba hashize ukwezi kumwe, ashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, dore ko yari yagishyizwemo tariki 27 Nzeri 2023 we n’abandi bapolisi barimo abofisiye bakuru batatu bo ku rwego rwa Commissioner of Police.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Sulaya Jr2 tv says:
    2 years ago

    Amakuru yanyu ntabunyamwuga arimo nibice peee

    Reply
  2. Vedaste UWIHANGANYE says:
    2 years ago

    mugika cyanyuma mwibeshyeho
    ku ishambo abapolisi

    Reply
  3. G Williams says:
    2 years ago

    Ubuse umutwe wiyi nkuru niwo muvuze cg nugudubiramo inkuri zabaye zidafite aho zihuriye mumutwe winkeru mwavuze mutangira!

    Reply
  4. NIYOKWIZERWA JOEL says:
    2 years ago

    Mujye mukora kinyamwuga umutwe w’inkuru nibiri mu nkuru birahabanye muradupfunyikiye mwigaye pe.

    Reply

Leave a Reply to NIYOKWIZERWA JOEL Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku bashoramari bagifite ingingimira ko batashora imari muri Afurika

Next Post

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.