Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23
Share on FacebookShare on Twitter

General Peter Cirimwami uzwi cyane mu bikorwa bya FARDC byo guhangana na M23, aravugwaho kuba yatawe muri yombi, gusa ubuyobozi bukavuga ko aya makuru ari ibihuha.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, amakuru yaturukaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavugaga ko General Cirimwami yatawe muri yombi agahita ajyanwa na we gufungirwa muri Gereza ya Makala iherereye i Kinshasa.

Aya makuru yavugaga ifungwa rya General Cirimwami rifitanye isano n’irya Lieutenant-Général Philémon YAV watawe muri yombi tariki 21 akekwaho ibyaha bikomeye by’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Guverineri w’Intara ya Ituri, Lieutenant Général Johnny Luboya Nkashama, yahakanye aya makuru, avuga ko ari ibihuha.

Ikinyamakuru Actu 7.cd kivuga ko ubwo yaganiraga n’umunyamakuru ukorera i Bunia, Lt Gen Nkashama yavuze ko “aya makuru ni ikinyoma.”

Uyu musirikare mukuru mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, azwi cyane mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Ituri.

Yavuzwe kandi ubwo yotswaga igitutu n’abarwanyi ba M23, agakizwa n’amaguru agata imodoka ye, igafatwa n’uyu mutwe usigaye unayikoresha mu bikorwa byawo.

Nanone kandi muri uru rugamba Gen Cirimwami yarimo na M23, yasimbutse igico cy’uyu mutwe ubwo uwari ukuriye abamurindaga we yahasigaga ubuzima muri Kamena uyu mwaka.

Icyo gihe yanashinjwe kuba yorohera uyu mutwe wa M23 ndetse ko ari we utuma ukomeza gufata ibice bimwe by’Igihugu, ndetse bamwe ntibatinye no kuvuga ko ari umugambanyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.