Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yerecyeje i Nairobi muri Kenya, gusubukura ibiganiro hagati yayo na Leta y’i Kinshasa.

Abahagarariye imitwe yitwaje intwaro 14 ifite ibirindiro mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe rutemikirere kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022 nkuko tubikesha ikinyamakuru Magzote gikorera muri Congo.

Iyi mitwe yitabiriye ibi biganiro, irimo uwa CODECO (Coopérative pour le Développement au Congo), umutwe wa FRPI (Front de Résistance Patriotique de l’Ituri), uwa FPIC (Patriotique et Intégrationniste du Congo), yose isanzwe ifite ibirindiro muri Ituri.

Umwe muri iyi mitwe ari wo wa FRPI (Front de Résistance Patriotique de l’Ituri), ni wo wonyine wari witabiriye ibiganiro byabanje.

Abahagarariye iyi mitwe, bagiye mu biganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha macye hasohotse ibyemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola yahuje Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, ikemeza ko Guverinoma ya Congo ishyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi.

Iyi nama yigaga ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, yemeje ko hubahirizwa mu buryo bwuzuye ibyemezo byafatiwe mu biganiro by’i Nairobi muri Kenya byabaye tariki 21 Mata na 20 Kamena 2022 ndetse n’ibiganiro by’i Luanda byabaye tariki 06 Nyakanga 2022 ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera i Burundi.

Izi nama zose zasabaga Guverinoma ya Congo Kinshasa kuganira n’imitwe yose yitwaje intwaro ikomoka muri iki Gihugu kugira ngo igaragaze icyo irwanira.

Ibi biganiro byanatangiye, ntibyagaragayemo umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC, wanongeye gufatirwa ibyemezo bikarishye muri iyi nama yabereye i Luanda muri iki cyumweru.

Muri iyi nama y’i Luanda, umutwe wa M23 wasabwe ko kuva uyu munsi ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo 2022 uba wahagaritse kugaba ibitero kuri FARDC ndetse no kuri MONUSCO.

Uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo wanasabwe kandi kurekura ibice byose wafashe, ugasubira muri Sabyinyo ku gice cya DRC, ndetse ukamburwa intwaro bigakurikiranwa n’igisirikare cya DRC (FARDC).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 4 =

Previous Post

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Next Post

Umwe mu bagabo bamamaye kuri YouTube bakundirwa uburyo baseka yitabye Imana bitunguranye

Related Posts

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagabo bamamaye kuri YouTube bakundirwa uburyo baseka yitabye Imana bitunguranye

Umwe mu bagabo bamamaye kuri YouTube bakundirwa uburyo baseka yitabye Imana bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.