Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarekuriye urufaya rw’amasasu ku baturage, yivugana 13 barimo abana be babiri, kubera umujinya wo kuba umwana we wapfuye yarashyinguwe adahari.

Uyu musirikare wo mu itsinda ry’ingabo zirwanira mu mazi, yishe aba basivile ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, muri Ituri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bamwe mu baturage bo mu gace ka Nyakova, babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, ko uyu musirikare yageze mu gace atuyemo ntabashe kwakira uburyo umwana we yashyinguwe adahari.

Aka gace ka Nyakova, ni ako muri Teritwari ya Djugu mu bilometero 65 mu burasirazuba bwa Burnia muri Sheferi y’Intara ya Ituri.

Uyu musirikare yarekuye urufaya rw’amasasu ku mbaga y’abaturage mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ubwo bari mu kiriyo, cy’umwana we wari witabye Imana yanamaze gushyingurwa, ariko we agaragaza umujinya kuba yarashyinguwe batamumenyesheje.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Ituri, Lieutenant Jules Ngongo yavuze ko umwana w’uyu musirikare yitabye Imana mu gihe we yari ari muri inite ye mu bilometero 55 uvuye aho nyakwigendera yitabiye Imana.

Lieutenant Jules Ngongo agaruka kuri iki gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’uyu musirikare, yagize ati “Abitabye Imana ni 13 barimo abana be babiri. Umusirikare yahise acika, ubu ari gushakishwa.”

Mu bapfuye, harimo abana icumi n’abagore babiri, aho abana icyenda bahise bagwa aho barasiwe, mu gihe umwe yitabye Imana mu gitondo cyo ku Cyumweru azize ibikomere byo kuraswa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leo says:
    3 years ago

    Iki gisirikare kiri kurwego ruciriritse cyane, ubwose yatahanye imbunda ngo bimigashe iki? nonese kurada abana byamufashije iki? niko basanzwe barangwa n’umunwa gusa.Imana ibahe iruhuko ridashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

Rwamagana: Icyakurikuye gusenyerwa kuko batuye mu manegeka sicyo bari biteze

Next Post

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.