Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Haravugwa impamvu idasanzwe yatumye umusirikare wa FARDC yivugana abantu 13
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarekuriye urufaya rw’amasasu ku baturage, yivugana 13 barimo abana be babiri, kubera umujinya wo kuba umwana we wapfuye yarashyinguwe adahari.

Uyu musirikare wo mu itsinda ry’ingabo zirwanira mu mazi, yishe aba basivile ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, muri Ituri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bamwe mu baturage bo mu gace ka Nyakova, babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, ko uyu musirikare yageze mu gace atuyemo ntabashe kwakira uburyo umwana we yashyinguwe adahari.

Aka gace ka Nyakova, ni ako muri Teritwari ya Djugu mu bilometero 65 mu burasirazuba bwa Burnia muri Sheferi y’Intara ya Ituri.

Uyu musirikare yarekuye urufaya rw’amasasu ku mbaga y’abaturage mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ubwo bari mu kiriyo, cy’umwana we wari witabye Imana yanamaze gushyingurwa, ariko we agaragaza umujinya kuba yarashyinguwe batamumenyesheje.

Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Ituri, Lieutenant Jules Ngongo yavuze ko umwana w’uyu musirikare yitabye Imana mu gihe we yari ari muri inite ye mu bilometero 55 uvuye aho nyakwigendera yitabiye Imana.

Lieutenant Jules Ngongo agaruka kuri iki gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’uyu musirikare, yagize ati “Abitabye Imana ni 13 barimo abana be babiri. Umusirikare yahise acika, ubu ari gushakishwa.”

Mu bapfuye, harimo abana icumi n’abagore babiri, aho abana icyenda bahise bagwa aho barasiwe, mu gihe umwe yitabye Imana mu gitondo cyo ku Cyumweru azize ibikomere byo kuraswa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leo says:
    2 years ago

    Iki gisirikare kiri kurwego ruciriritse cyane, ubwose yatahanye imbunda ngo bimigashe iki? nonese kurada abana byamufashije iki? niko basanzwe barangwa n’umunwa gusa.Imana ibahe iruhuko ridashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Rwamagana: Icyakurikuye gusenyerwa kuko batuye mu manegeka sicyo bari biteze

Next Post

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

MTN izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bakoresha Interineti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.