Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, atangaje ko amasezerano yo guhagarika imirwano iri muri Gaza no kurekura imfungwa ari hafi gushyirwaho umukono, abahuza ba Israel na Hamas barahura ngo baganire ku mushinga wo kurangiza iyi ntambara, binatangazwa ko hatewe intambwe ishimishije.

Aba bahuza barahurira i Doha muri Qatar kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, kugira ngo basoze ibijyanye n’umushinga wo kurangiza intambara muri Gaza, yahungabanyije Uburasirazuba bwo Hagati.

Umwe muri abo bahuza yavuze ko hari intabwe ikomeye yatewe kuri aya masezerano, nyuma y’ibiganiro byabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, byagizwemo uruhare n’intumwa za Perezida Joe Biden na Perezida watowe Donald Trump, ndetse bikaba byitezwe ko kuri uyu wa Kabiri, ayo masezerano yo guhagarika intambara aza gushyirwaho umukono n’impande zihanganye, nibiramuka bigenze neza.

Bimwe mu bikubiye muri aya masezerano, harimo kurekura imfungwa, guhagarika imirwano, kongere umutekano n’ubusugire bya Israel, ndetse n’ubwisanzure mu kugeza ubufasha bw’ibanze ku mpunzi za Palesitina zugarijwe n’ibibazo kubera iyi ntambara imaze igihe.

Aya amasezerano yo guhagarika imirwano mu byiciro, naramuka yemejwe, ashobora gutuma harekurwa imfungwa za Israel zafashwe bugwate kuva intambara yatangira, nubwo Hamas yari yarekuye hafi kimwe cya kabiri cy’imfungwa zayo mu kwishyura Abanya-Palestina 240 bari bafungiye muri Israel.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + six =

Previous Post

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Next Post

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.