Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa intwaro zasanganywe uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda ukurikiranyweho kuzitunga atabyemerewe

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa intwaro zasanganywe uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda ukurikiranyweho kuzitunga atabyemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Eugène Barikana wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda muri iyi manda igiye kurangira, yatawe muri yombi nyuma yo kwegura, akurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Intwaro akekwaho gutunga zamenyekanye.

Itabwa muri yombi rya Eugène Barikana, ryatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024, nyuma y’uko ritangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uru Rwego rwatangaje ko Barikana yatawe muri yombi “Akurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.”
RIB ivuga ko mu bisobanuro bitangwa n’uyu wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, “avuga ko yazitunze [intwaro yasanganywe] akibana n’abasirikare akibagirwa kuzisubiza.”

Eugène Barikana, nyuma yo gutabwa muri yombi, acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje ngo hagaragazwe uburyo yabonyemo izo ntwaro n’impamvu yari azitunze atabyemerewe n’amategeko.

 

Intwaro yasanganywe zamenyekanye

Amakuru avuga ko intwaro zasanganywe uyu wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, harimo Grenade imwe ndetse n’igikoresho kibamo amasasu kizwi nka Magazine, cy’imbunda y’urugamba izwi nka AK 47.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwaboneyeho gutanga ubutumwa, rwibutsa Abaturarwanda ko “gutunga intwaro bifite amategeko abigenga ko kandi unyuranyije na yo uwo ari we wese aba akoze icyaha ndetse  akurikiranwa nk’uko amategeko ahana mu Rwanda abiteganya.”

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

ITEGEKO N° 56/2018 RYO KU WA 13/8/2018 RYEREKEYE INTWARO

Ingingo ya 3: Uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda

Gutunga imbunda, ku buryo ubwo ari bwo bwose, uretse izigenewe Ingabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibyemererwa n’amategeko, bigomba uruhushya rwanditswe rutangwa n’Ubuyobozi Bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.

Kugendana imbunda, uretse izigenewe Ingabo z’u Rwanda , Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibyemererwa n’amategeko, bitangirwa uruhushya rwanditswe rutangwa n’Ubuyobozi Bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.

Ingingo ya 70: Gutunga intwaro, guhindura ibimenyetso byayo, kwinjiza mu gihugu, gutunda, gucuruza, gukora cyangwa gukwirakwiza intwaro cyangwa ibice byazo

Umuntu wese utunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, uhindura ibimenyetso biranga intwaro mu buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Umuntu wese winjiza, utunda, ucuruza, ukora n’ukwirakwiza, mu buryo butemewe n’amategeko, ku buryo ubwo ari bwo bwose, intwaro cyangwa ibice byazo, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

Iyo ibyaha bivugwa mu gika cya mbere n’icya kabiri (2) by’iyi ngingo bikozwe ku rwego mpuzamahanga, uwabikoze ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni cumi n’eshanu (15.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 9 =

Previous Post

Bwa mbere umukunzi w’umunyamakuru akaba n’umunyarwenya ukunzwe mu Rwanda yagize icyo amuvugaho

Next Post

Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.