Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA) gitangaza ko cyatangije igenzura ryo gutahura Koperative zanditse ariko ari baringa ndetse n’izasinziriye, kandi ko kizatangaza ibyavuyemo mu gihe cya vuba.

Umuyobozi mukuru wa RCA, Patrice Mugenzi yatangaje mu Gihugu hose habarwa amakoperative abarirwa mu bihumbi 11 aho yose abarirwa agaciro ka Miliyari 73 Frw z’imigabane y’igishoro.

Uyu Muyobozi Mukuru wa RCA avuga ko zimwe muri izi koperative zimeze nk’izisinziriye, akaba ari yo mpamvu hatangijwe iperereza ryo gutahura izo koperative riri gukorwa mu Ntara enye zose z’Igihugu.

Yagize ati “Iperereza ku makoperative ya baringa anasinziriye ryamaze gutangira ndetse rimaze kugera mu Ntara y’Iburasirazuba. Intara itaragerwaho ni imwe y’Iburengerazuba.”

Yakomeje agira ati “Nyuma y’igenzura, tuzatangaza ibyavuyemo. Twatangiye gutahura amakoperative ya baringa n’andi asinziriye. Ziranditse mu mpapuro ariko ntabwo zikora. Izindi Koperative zashinzwe n’Imiryango hanyuma imishinga yarangira ikayitererana.”

Nanone kandi hari amakoperative afite abanyamuryango ariko adakora. Ati “Zarasinziriye kubera imicungire n’imiyoborere mibi. Ayo makoperative yasinziriye ashobora kuburwa akongera agakora ndetse akanaterwa inkunga.”

Iyi nyigo kandi izasiga amakoperative ashyizwe mu byiciro hashingiwe ku bushobozi bwazo bw’amikora, imitungo yazo ndetse n’umubare w’abayagize.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, hatangijwe icyumweru cyahariwe Amakoperative mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kumenyesha abanyamuryango ba za Koperaticve itegeko rishya rigenga amakoperative ndetse n’ikoranabuhanga ry’imicungiro y’imiyoborere yazo izwi nka CMIS (Cooperative Management Information System).

Patrice Mugenzi yagize ati “Turi gushyira imbaraga mu kumenyekanisha itegeko ry’amakoperative ndetse no kwigisha amakoperative ku buryo bamenya uburenganzira bwabo. Muri iki cyumweru cyahariwe amakoperative, tuzafatanya n’Uturere mu gukemura ibibazo biri mu makoperative. Twatahuye ko amakoperative atubahiriza ibiteganywa n’itegeko. Abanyamuryango ba za Koperative bagomba kumenya uburenganzira bwabo.”

Bimwe mu biteganywa n’iri tegeko ry’amakoperative riri kumenyekanishwa, harimo ko Komite nyobozi yayo agomba kujya amara manda imwe y’imyaka itatu, ishobora kongerwa.

Patrice Mugenzi yavuze ko ibi bigamije guca ingeso y’abayobozi b’Amakoperative baba bashaka kugundira ubuyobozi. Ati “Ibi birahanwa n’itegeko. Turi kandi gusuzuma itegeko kugira ngo hashyirwemo impinduka mu rwego rwo kuzamura imicungire y’amakoperative.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

Abakunzi ba ruhago mu Rwanda bagaragarijwe gahunda y’imikino y’igaruka rya Shampiyona

Next Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.