Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA) gitangaza ko cyatangije igenzura ryo gutahura Koperative zanditse ariko ari baringa ndetse n’izasinziriye, kandi ko kizatangaza ibyavuyemo mu gihe cya vuba.

Umuyobozi mukuru wa RCA, Patrice Mugenzi yatangaje mu Gihugu hose habarwa amakoperative abarirwa mu bihumbi 11 aho yose abarirwa agaciro ka Miliyari 73 Frw z’imigabane y’igishoro.

Uyu Muyobozi Mukuru wa RCA avuga ko zimwe muri izi koperative zimeze nk’izisinziriye, akaba ari yo mpamvu hatangijwe iperereza ryo gutahura izo koperative riri gukorwa mu Ntara enye zose z’Igihugu.

Yagize ati “Iperereza ku makoperative ya baringa anasinziriye ryamaze gutangira ndetse rimaze kugera mu Ntara y’Iburasirazuba. Intara itaragerwaho ni imwe y’Iburengerazuba.”

Yakomeje agira ati “Nyuma y’igenzura, tuzatangaza ibyavuyemo. Twatangiye gutahura amakoperative ya baringa n’andi asinziriye. Ziranditse mu mpapuro ariko ntabwo zikora. Izindi Koperative zashinzwe n’Imiryango hanyuma imishinga yarangira ikayitererana.”

Nanone kandi hari amakoperative afite abanyamuryango ariko adakora. Ati “Zarasinziriye kubera imicungire n’imiyoborere mibi. Ayo makoperative yasinziriye ashobora kuburwa akongera agakora ndetse akanaterwa inkunga.”

Iyi nyigo kandi izasiga amakoperative ashyizwe mu byiciro hashingiwe ku bushobozi bwazo bw’amikora, imitungo yazo ndetse n’umubare w’abayagize.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, hatangijwe icyumweru cyahariwe Amakoperative mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kumenyesha abanyamuryango ba za Koperaticve itegeko rishya rigenga amakoperative ndetse n’ikoranabuhanga ry’imicungiro y’imiyoborere yazo izwi nka CMIS (Cooperative Management Information System).

Patrice Mugenzi yagize ati “Turi gushyira imbaraga mu kumenyekanisha itegeko ry’amakoperative ndetse no kwigisha amakoperative ku buryo bamenya uburenganzira bwabo. Muri iki cyumweru cyahariwe amakoperative, tuzafatanya n’Uturere mu gukemura ibibazo biri mu makoperative. Twatahuye ko amakoperative atubahiriza ibiteganywa n’itegeko. Abanyamuryango ba za Koperative bagomba kumenya uburenganzira bwabo.”

Bimwe mu biteganywa n’iri tegeko ry’amakoperative riri kumenyekanishwa, harimo ko Komite nyobozi yayo agomba kujya amara manda imwe y’imyaka itatu, ishobora kongerwa.

Patrice Mugenzi yavuze ko ibi bigamije guca ingeso y’abayobozi b’Amakoperative baba bashaka kugundira ubuyobozi. Ati “Ibi birahanwa n’itegeko. Turi kandi gusuzuma itegeko kugira ngo hashyirwemo impinduka mu rwego rwo kuzamura imicungire y’amakoperative.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

Abakunzi ba ruhago mu Rwanda bagaragarijwe gahunda y’imikino y’igaruka rya Shampiyona

Next Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Related Posts

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho
MU RWANDA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.