Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari gukorwa igenzura rizatahura Amakoperative ya baringa n’ayasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA) gitangaza ko cyatangije igenzura ryo gutahura Koperative zanditse ariko ari baringa ndetse n’izasinziriye, kandi ko kizatangaza ibyavuyemo mu gihe cya vuba.

Umuyobozi mukuru wa RCA, Patrice Mugenzi yatangaje mu Gihugu hose habarwa amakoperative abarirwa mu bihumbi 11 aho yose abarirwa agaciro ka Miliyari 73 Frw z’imigabane y’igishoro.

Uyu Muyobozi Mukuru wa RCA avuga ko zimwe muri izi koperative zimeze nk’izisinziriye, akaba ari yo mpamvu hatangijwe iperereza ryo gutahura izo koperative riri gukorwa mu Ntara enye zose z’Igihugu.

Yagize ati “Iperereza ku makoperative ya baringa anasinziriye ryamaze gutangira ndetse rimaze kugera mu Ntara y’Iburasirazuba. Intara itaragerwaho ni imwe y’Iburengerazuba.”

Yakomeje agira ati “Nyuma y’igenzura, tuzatangaza ibyavuyemo. Twatangiye gutahura amakoperative ya baringa n’andi asinziriye. Ziranditse mu mpapuro ariko ntabwo zikora. Izindi Koperative zashinzwe n’Imiryango hanyuma imishinga yarangira ikayitererana.”

Nanone kandi hari amakoperative afite abanyamuryango ariko adakora. Ati “Zarasinziriye kubera imicungire n’imiyoborere mibi. Ayo makoperative yasinziriye ashobora kuburwa akongera agakora ndetse akanaterwa inkunga.”

Iyi nyigo kandi izasiga amakoperative ashyizwe mu byiciro hashingiwe ku bushobozi bwazo bw’amikora, imitungo yazo ndetse n’umubare w’abayagize.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, hatangijwe icyumweru cyahariwe Amakoperative mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kumenyesha abanyamuryango ba za Koperaticve itegeko rishya rigenga amakoperative ndetse n’ikoranabuhanga ry’imicungiro y’imiyoborere yazo izwi nka CMIS (Cooperative Management Information System).

Patrice Mugenzi yagize ati “Turi gushyira imbaraga mu kumenyekanisha itegeko ry’amakoperative ndetse no kwigisha amakoperative ku buryo bamenya uburenganzira bwabo. Muri iki cyumweru cyahariwe amakoperative, tuzafatanya n’Uturere mu gukemura ibibazo biri mu makoperative. Twatahuye ko amakoperative atubahiriza ibiteganywa n’itegeko. Abanyamuryango ba za Koperative bagomba kumenya uburenganzira bwabo.”

Bimwe mu biteganywa n’iri tegeko ry’amakoperative riri kumenyekanishwa, harimo ko Komite nyobozi yayo agomba kujya amara manda imwe y’imyaka itatu, ishobora kongerwa.

Patrice Mugenzi yavuze ko ibi bigamije guca ingeso y’abayobozi b’Amakoperative baba bashaka kugundira ubuyobozi. Ati “Ibi birahanwa n’itegeko. Turi kandi gusuzuma itegeko kugira ngo hashyirwemo impinduka mu rwego rwo kuzamura imicungire y’amakoperative.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Abakunzi ba ruhago mu Rwanda bagaragarijwe gahunda y’imikino y’igaruka rya Shampiyona

Next Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.