Abasesenguzi mu bya Politiki bavuga ko kuba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigiye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro, ari intambwe ya mbere itanga icyizere mu kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.
Mu ijoro ryo ku ya 18 Kamena 2025 Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rivuga ko inzobere z’u Rwanda n’iza DRC zamaze iminsi mu biganiro ku bikubiye mu masezerano y’amahoro azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.
Iri tangazo ryagaragaje zimwe mu ngingo zikubiye muri aya masezerano, nko kuba Ibihugu byombi byaremeranyijwe kubaha ubusugire bwa buri kimwe, ndetse no gufatanya kurandura imitwe yitwaje intwaro.
Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe mu mikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya u Rwanda unagizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bukaba bwarasabwe kenshi guhagarika imikoranire na wo, dore ko ari na wo muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.
Aya masezerano y’amahoro ategerejwe gushyirwamo umukono ku rwego rw’Abaminisitiri azaba mu cyumweru gitaha tariki 27 Kamena 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za America, azakurikirwa n’ibiganiro bizahuza Abakuru b’Ibihugu byombi.
Me Gasominari Jean Baptiste avuga ko isinywa ry’ariya amasezerano “Bitanga icyizere kuko habayeho imishyikirano hagati y’Ibihugu byombi baganira ku bibazo biri hagati yabyo noneho urwego rw’impuguke z’ibyo Bihugu rwashoboye kwiga ku masezerano azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Abakuru b’Ibihugu. Twavuga ko ari intambwe ya mbere kuko impuguke z’Ibihugu byombi zashoboye kumvikana ku bizashyirwaho umukono.”
Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kugaragaza ko budafite ubushake bwa politiki mu gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro, ndetse imyanzuro yagiye ifatwa kenshi, bukagenda buyirengaho, bugashyira imbere inzira z’intambara.
Me Gasominari avuga ko nubwo Congo yakunze kwitwara muri buriya buryo, ariko ibi byagezweho ari “intambwe kuko nibaza gusanga amahoro afite akamaro kurusha intambara bagasanga bashobora kurangiza intambara biciye mu biganiro kandi intambara zose zo ku Isi zijya zirangira uku biciye ku meza y’ibiganiro. Ubwo ibiganiro byatangiye reka twitege yuko hazaboneka n’igisubizo cyava i Doha, cyava i Washington… icy’ingenzi abaturage bakeneye ni uko haba umutekano.”
Me Aloys Mutabingwa we avuga ko amasezerano ubwayo adashobora kuzarangiza ibibazo, ahubwo ko igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa politiki, ku buryo niyo hasinywa ayo masezerano ariko hatari ubwo bushake, nta muti waboneka.
Ati “Igisubizo ku kibazo ni icyitwa amahoro. Kugira ngo amahoro aboneke, ni ubushake bugomba kubanza. Hari n’inyandiko zikunda gusinywa, hari izasinywe nyinshi imyaka myinshi ariko mu byukuri ntabwo zatanze amahoro kuko abazisinya iyo badafite ubushake bwo kugarura amahoro, zihinduka inyandiko gusa.”
Icyakora aba basesenguzi bavuga ko kuba ibi biganiro byarinjiwemo n’abahuza barimo Leta Zunze ubumwe za America na Qatar, na byo bishobora kugira uburemere mu gushaka umuti w’ibi bibazo.
RADIOTV10