• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Haruna Niyonzima yongeye kwakirwa muri AS Kigali

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in SIPORO
0
Haruna Niyonzima yongeye kwakirwa muri AS Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Haruna Niyonzima umunyarwanda wakinaga hagati muri Yanga SC mu cyiciro cya mbere muri Tanzania kuva mu mpera za 2019, yagarutse muri AS Kigali yari yabayemo mu mikino yo kwishyura ya shampiyona 2019-2020.

Binyuze ku rubuga rwayo rwa twitter, AS Kigali bahamije ko bamaze kwakira Haruna Niyonzima nk’umukinnyi mushya muri iyi kipe.

Haruna Niyonzima aheruka gusezera muri Yanga SC ikipe yakiniraga ku nshuro ye ya kabiri kuko yayibayemo kuva mu 2011 kugeza mu 2017 ubwo yajyaga muri Simba SC.

Haruna Niyonzima wakinnye amezi atandatu ya 2019 muri AS Kigali ari na kapiteni, aje muri AS Kigali ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuba Hakizimana Muhadjili wakinaga hagati mu kibuga yagiye muri Police FC.

Image

Haruna Niyonzima yagarutse muri AS Kigali yanyuzemo ari kapiteni

AS Kigali izakina imikino ya TOTAL CAF Confederation Cup 2021-2022, iri kongera imbaraga muri buri gice cy’ikibuga kugira ngo barebe ko bazagera mu cyiciro gishimishije.

Niyonzima w’imyaka 31 y’amavuko aje muri AS Kigali asanga Rukundo Dennis wakinaga muri Police FC (Uganda) na Ntwari Fiacre (Umunyezamu) baramaze gusinya nk’abakinnyi bashya mu ikipe.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Yanga SC yafashe umwanzuro wo kurekura abanyamahanga barindwi mu 10 yari ifite

Next Post

Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.