Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahitanye inzirakarengane z’abaturage, binakomeretsa abandi.

Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryacyeye, agaragaza uko byari byifashe kugeza saa tatu z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ukuboza, yavuze ko ibi bitero byahitanye abantu bane.

Yavuze kandi ko byakomerekeje abandi baturage batandatu, ndetse anagaragaza amazina yabo, barimo batatu bo mu gace ka Rugenge, n’abandi batatu bo mu gace ka Mulengezi.

Muri aba bakomerekejwe n’ibi bitero, umukuru afite imyaka 55, ari we Salomon Mulikuza wo muri Rugenge, mu gihe umuto ari umwana w’imyaka itatu, witwa Véronique wo mu gace ka Mulengezi.

Kanyuka ati “Ibi bitero bigambiriye guhitana abasivile ni bimwe mu bikorwa byo kurenga gukomeye ku burenganzira mpuzamahanga binagaragaza gutesha agaciro ikiremwamuntu, kandi bidashobora kwihanganirwa na gato.”

Kuri uyu wa Gatatu muri kariya gace ka Kamanyola, hiriwe imirwano ikomeye, yanatumye Abanyekongo bakabakaba 200 bahungira mu Rwanda, baje bavuga ko bafashe icyemezo cyo guhungira mu Gihugu cy’abaturanyi kuko ibisasu byari bikomeje kugwa mu bice batuyemo ku bwinshi.

Ihuriro AFC/M23 kandi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, ryashyize hanze itangazo rigaragaza ibikubiye muri raporo y’ibyangijwe na biriya bitero, birimo inzu 102 zangiritse, 20 zigasenyuka.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhorahora wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, rivuga ko ku bw’ibi bibazo by’umutekano, iri huriro ryafashe icyemezo cyo gushyiraho Komisiyo yihariye ishinzwe kugenzura abafatanyabikorwa bose b’inzego za Leta n’iz’abikorera, hakorwa isuzuma rihoraho ry’ibikorwa byabo mu butabera.

Iri Huriro kandi rivuga ko ryahise rinemeza ko hashyirwaho ingamba zihuse zigamije guhagaruka ibi bikorwa no kurinda abaturage bari kugirwaho ingaruka na byo ndetse n’imitungo yabo.

Hakomeretse abarimo abana
Hari inzu zasenyutse burundu n’izangiritse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.