Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hashyizwe hanze gahunda yo gusezera ku mutoza wa APR wapfuye urupfu rukiri urujijo

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hashyizwe hanze gahunda yo gusezera ku mutoza wa APR wapfuye urupfu rukiri urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, bwashyize hanze gahunda yo gusezera bwa nyuma kuri Dr Adel Zrane wari umutoza wongerera ingufu abakinnyi, uherutse gupfa urupfu rutunguranye ruri gukorwaho iperereza.

Inkuru y’urupru rwa Dr Adel Zrane, yamenyekanye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 02 Mata 2024, aho kugeza ubu hataramenyekana icyamuhitanye.

Gahunda yo gusezera kuri uyu Munya-Tunisia, ibera mu Rwanda, iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mata 2024, aho itangizwa no kujya gufata umurambo, igasozwa n’isengesho.

Nk’uko bigaragara kuri gahunda yashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa APR FC, iyi gahunda iratangira saa kumi z’umugoroba (16:00’) isozwe saa tatu (21:00’).

Mu biteganyijwe, harimo ijambo ry’umukinnyi uza kuvuga mu izina rya bagenzi be, ndetse no kugaragaza ubuzima bwa nyakwigendera Dr Adel Zrane muri iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ubuyobozi bwa APR FC bwashyize hanze gahunda yo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera Dr Adel Zrane nyuma y’umunsi umwe bushyize hanze itangazo ry’akababaro, ryanagaragaza ko bubifashijwemo na Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda ndetse na RIB, hatangiye gukorwa iperereza ku cyahitanye uyu wari umutoza muri APR.

Itangazo ryashyizwe hanze ku wa Gatatu, ryagiraga riti “Hagati aho ubuyobozi bwa APR FC bubifashijwemo na Minisiteri y’Ingabo, bari gukorana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwa Dr Adel.”

Ubuyobozi bwa APR kandi bwatangaje ko bwarimo bukorana n’umuryango wa nyakwigendera, kugira ngo harebwe uburyo umurambo we uzajyanwa iwabo muri Tunisia ari na ho azashyingurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eight =

Previous Post

Minisitiri yagize icyo atangaza ku bivugwa ku muhanzi Nyarwanda byumvikanamo ubuhemu

Next Post

Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country
MU RWANDA

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa

Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.