Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Abarundi 24 berecyezaga i Kampala binjiye muri iki Gihugu mu buryo budakurikije amategeko.

Ifungwa ry’aba Barundi ryemejwe n’Umuvugizi Wungirije wa Polisi ya Uganda, ACP Nabakka S.Claire, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyagarukaga ku byaranze icyumweru gishize.

ACP Nabakka S.Claire yavuze ko aba Barundi 24 bafashwe tariki 29 Ukuboza 2022 ubwo bari mu modoka nto itwara abagenzi yari yanarengeje umubare w’abagenzi yemerewe gutwara dore ko hari harimo abagenzi 26 muri bo hakaba harimo Abarundi 24.

Yagize ati “Tugendeye ku byagaragajwe n’iperereza abo Barundi 24 bari batutse mu bice bitandukanye byo mu Ntara zinyuranye zo mu Burundi baje muri Uganda ku mpamvu z’akazi.”

Abarundi batawe muri yombi na Polisi ya Uganda, ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mpigi mu gihe hagikomeje gukorwa iperereza, naho umushoferi ndetse na kigingi we bari babatwaye, bakurikiranyweho icyaha cyo gucuruza abantu.

Polisi ya Uganda ivuga ko aba Barundi bari bagiye mu bikorwa by’ubucuruzi birimo nko gukora mu tubari, kubyina imyindo zireshya abantu mu nzu z’utubyiniro ndetse n’uburaya.

Iki gipolisi kandi kivuga ko cyagiye gitahura ibikorwa by’ubucuruzi nk’ibi byakorwaga n’Abashinwa, Abahindi, Abanyekongo ndetse n’abo muri Sudani y’Epfo, babaga bafite ibikorwa by’ubucuruzi bitemewe byahabwagamo akazi abaturutse mu bindi Bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 8 =

Previous Post

M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo

Next Post

Ibyishimo byarenze umuhanzi ukomeye ku Isi wasuye u Rwanda avuga ikintu atazibagirwa

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo byarenze umuhanzi ukomeye ku Isi wasuye u Rwanda avuga ikintu atazibagirwa

Ibyishimo byarenze umuhanzi ukomeye ku Isi wasuye u Rwanda avuga ikintu atazibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.