Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
4
Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwavuze ko nta kwibeshya kwabaye mu kuba Perezida Félix Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali wapfuye mu myaka 11 ishize, busobanura impamvu.

Mu itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, ryavugaga ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi yashyize mu myanya abasirikare banyuranye.

Icyatunguranye ni izina rya General Floribert Kisembo Bahemuka, umaze imyaka 11 yarapfuye. Ese byaba ari ukwibeshya? Umwe mu bayobozi mu Girikare cya DRCongo, yasubije INFOS.CD ati “Oya.”

Uyu muyobozi mu gisirikare cya Congo, yavuze ko guha inshingano uriya hatabayemo kwibeshya ahubwo ko kwari ukwemeza ko ziriya nshingano yakoze mu gihe cye no kuzirikana ko yakoze izo nshingano.

Uyu wahaye amakuru INFOS.CD, yagize ati “Hashize imyaka 10, yabaye komanda w’ibikorwa bya gisirikare. Ntabwo yagizwe umuyobozi w’ibikorwa aka kanya. Yabaye umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare adafite iryo peti. Rero icyabayeho ni uguha agaciro imirimo ye. Perezida yamuhaye icyubahiro amuha umwanya nko kumuzirikana. Ntabwo ari uko bamugize komanda uyu munsi. Abantu bakwiye kubitandukanya.”

Floribert Kisembo Bahemuka wabaye umuyobozi w’ibikorwa bya FARDC i Lubutu mu gace ka Maniema, yishwe n’ingabo z’Igihugu tariki 30 Mata 2011 mu gace ka Lonyo mu gace gaherereye muri Teritwari ya Djugu.

Uyu musirikare mukuru yashinjwaga gutera umugongo igisirikare akajya gushinga umutwe w’inyeshyamba muri Djudu mu Ntara y’Iburengerazuba.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Kamali Nkotanyi says:
    3 years ago

    None se uwashinjwaga kurema umutwe winyeshyamba avuye muzigihugu akaza kwicwa ningabo z’igihucye cye niwe bashimiye bakamuha umwanya atagihumeka uyu watanze amakuru ko ubanza nawe atabihagazeho nubwo arikuvugira umukuru w’igihugu

    Reply
  2. Pazzo Ndisanga says:
    3 years ago

    No sense
    Umuntu warwanyaga igihugu??????

    Reply
  3. Vianney NIYIGENA says:
    3 years ago

    Nigute yayoboraga ingabo z’igihugu nyuma akitandukanya nazo agashinga umutwe w’inyeshyamba bikarangira yishwe n’ingabo z’igihugu cye none leta ikaba ifashe iyambere mukumushimira? Nonese niba yarakoze neza nikuki aribo bamwishe ahokumushimira akiriho?
    Imyaka 11 yose ishize nibwo bibutse yuko yakoreye igihugu neza?
    Ntibyumvikana ibyo bisobanuro pe

    Reply
  4. André Nshimirimana says:
    3 years ago

    Reka ivya Kongo tubirekere Kongo nyene kuko ni akayoberabahinga Bwana Niyigena!!!
    Ahubwo bihenze none vyavumbuwe ko bahaye ipeti uwamaze gupfaaa kera! Psdt wewe yabeshwe kuko birunvikana!!!
    Bashaka ayo bazoza bariba buri kwezi ubonako Ruswa yabamunze mu mitima no mu bwenge bwabo!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Next Post

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.