Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
4
Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwavuze ko nta kwibeshya kwabaye mu kuba Perezida Félix Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali wapfuye mu myaka 11 ishize, busobanura impamvu.

Mu itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, ryavugaga ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi yashyize mu myanya abasirikare banyuranye.

Icyatunguranye ni izina rya General Floribert Kisembo Bahemuka, umaze imyaka 11 yarapfuye. Ese byaba ari ukwibeshya? Umwe mu bayobozi mu Girikare cya DRCongo, yasubije INFOS.CD ati “Oya.”

Uyu muyobozi mu gisirikare cya Congo, yavuze ko guha inshingano uriya hatabayemo kwibeshya ahubwo ko kwari ukwemeza ko ziriya nshingano yakoze mu gihe cye no kuzirikana ko yakoze izo nshingano.

Uyu wahaye amakuru INFOS.CD, yagize ati “Hashize imyaka 10, yabaye komanda w’ibikorwa bya gisirikare. Ntabwo yagizwe umuyobozi w’ibikorwa aka kanya. Yabaye umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare adafite iryo peti. Rero icyabayeho ni uguha agaciro imirimo ye. Perezida yamuhaye icyubahiro amuha umwanya nko kumuzirikana. Ntabwo ari uko bamugize komanda uyu munsi. Abantu bakwiye kubitandukanya.”

Floribert Kisembo Bahemuka wabaye umuyobozi w’ibikorwa bya FARDC i Lubutu mu gace ka Maniema, yishwe n’ingabo z’Igihugu tariki 30 Mata 2011 mu gace ka Lonyo mu gace gaherereye muri Teritwari ya Djugu.

Uyu musirikare mukuru yashinjwaga gutera umugongo igisirikare akajya gushinga umutwe w’inyeshyamba muri Djudu mu Ntara y’Iburengerazuba.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Kamali Nkotanyi says:
    3 years ago

    None se uwashinjwaga kurema umutwe winyeshyamba avuye muzigihugu akaza kwicwa ningabo z’igihucye cye niwe bashimiye bakamuha umwanya atagihumeka uyu watanze amakuru ko ubanza nawe atabihagazeho nubwo arikuvugira umukuru w’igihugu

    Reply
  2. Pazzo Ndisanga says:
    3 years ago

    No sense
    Umuntu warwanyaga igihugu??????

    Reply
  3. Vianney NIYIGENA says:
    3 years ago

    Nigute yayoboraga ingabo z’igihugu nyuma akitandukanya nazo agashinga umutwe w’inyeshyamba bikarangira yishwe n’ingabo z’igihugu cye none leta ikaba ifashe iyambere mukumushimira? Nonese niba yarakoze neza nikuki aribo bamwishe ahokumushimira akiriho?
    Imyaka 11 yose ishize nibwo bibutse yuko yakoreye igihugu neza?
    Ntibyumvikana ibyo bisobanuro pe

    Reply
  4. André Nshimirimana says:
    3 years ago

    Reka ivya Kongo tubirekere Kongo nyene kuko ni akayoberabahinga Bwana Niyigena!!!
    Ahubwo bihenze none vyavumbuwe ko bahaye ipeti uwamaze gupfaaa kera! Psdt wewe yabeshwe kuko birunvikana!!!
    Bashaka ayo bazoza bariba buri kwezi ubonako Ruswa yabamunze mu mitima no mu bwenge bwabo!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 15 =

Previous Post

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

Next Post

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.