Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, bumusabira gukirikiranwa afunze by’agateganyo, bwanagaragaje ibikorwa bigize bimwe mu byaha ashinjwa, birimo kuba yarahaye umugore we kuyobora umuryango umwe, akanamugenera umushahara n’imodoka.

Ni mu iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze.

Dr Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira akaza kwegura, yatawe muri yombi tariki 21 Mutarama 2025, aregwa ibyaha bitatu, ari byo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Muri iri buranisha, Ubushinjacyaha ubwo bwagaragazaga bimwe mu bikorwa bigize ibyaha byakozwe na Musenyeri, nko ku cyaha cyo gufata icyemezo gishhiniye ku bucuti n’itonesha ndetse n’ikimenyane, bwavuze ko yakoresheje ububasha agafata icyemezo cyo kugira umugore we Abakunzi Jacqueline, Umuyobozi wUmuryango ‘Mothers Union’ ubundi akamugenera umushahara n’imodoka ya Diyoseze yagombaga kujya agendamo.

Nanone kandi kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwavuze ko Musenyeri yagurishije imodoka ya Diyoseze amafaranga arenga miliyoni 20 Frw, kandi nta rwego rubifitiye ububasha mu Itorero rubifasheho icyemezo.

Musenyeri Mugisha waburanye ahakana ibyaha, yavuze ko nta cyemezo na kimwe yafashe bitabanje kwemezwa n’urwego rwubifitiye ububasha.

Yagize ati “Nta cyemezo nigeze nshyira mu bikorwa inama ya Sinodi itabimpereye uburenganzira kandi inyandiko zirahari.”

Ku byo guha umugore we inshingano, Musenyeri Mugisha yavuze ko umugore we atahembwaga amafaranga avuye mu itorero, ahubwo ko yabaga yatanzwe n’abaterankunga, ndetse avuga ko n’imodoka bivugwa ko yahaye umugore we ngo ajye agendamo, yakodeshwaga kandi ikinjiriza Itorero.

Naho ku cyaha cyo kwihesha inyungu binyuranyije n’amategeko, Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagiye atanga amasoko ashingiye ku byemezo yabaga yafashe ku giti cye.

Bwagaragaje ko nk’inyubako y’Itorero iri kubakwa mu Mujyi wa Musanze, imodoka ya Musenyeri ari yo yakoreshwaga mu bikorwa byo kuyubaka.

Nanone kandi Musenyeri ngo yihaye isoko ry’amagi yahabwaga abana bo muri Diyoseze ya Shyira mu rwego rwo guhangana n’imirire mibi mu bana, kandi binyuranyije n’amategeko.

Uregwa ndetse n’abamwunganira mu mategeko, bahakanye ibyaha byose aregwa, basabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze, cyane ko ngo afite ibibazo by’ubuzima.

Bavuze kandi ko uregwa asanzwe ari inyangamugayo, bityo ko adashobora gutoroka ubutabera, basaba ko arekurwa, banatanga ingwate y’ubutaka n’umwishingizi ari we Musenyeri Kolinti.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwanzura ko ruzatangaza icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

Next Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y'imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.