Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, bumusabira gukirikiranwa afunze by’agateganyo, bwanagaragaje ibikorwa bigize bimwe mu byaha ashinjwa, birimo kuba yarahaye umugore we kuyobora umuryango umwe, akanamugenera umushahara n’imodoka.

Ni mu iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze.

Dr Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira akaza kwegura, yatawe muri yombi tariki 21 Mutarama 2025, aregwa ibyaha bitatu, ari byo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Muri iri buranisha, Ubushinjacyaha ubwo bwagaragazaga bimwe mu bikorwa bigize ibyaha byakozwe na Musenyeri, nko ku cyaha cyo gufata icyemezo gishhiniye ku bucuti n’itonesha ndetse n’ikimenyane, bwavuze ko yakoresheje ububasha agafata icyemezo cyo kugira umugore we Abakunzi Jacqueline, Umuyobozi wUmuryango ‘Mothers Union’ ubundi akamugenera umushahara n’imodoka ya Diyoseze yagombaga kujya agendamo.

Nanone kandi kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwavuze ko Musenyeri yagurishije imodoka ya Diyoseze amafaranga arenga miliyoni 20 Frw, kandi nta rwego rubifitiye ububasha mu Itorero rubifasheho icyemezo.

Musenyeri Mugisha waburanye ahakana ibyaha, yavuze ko nta cyemezo na kimwe yafashe bitabanje kwemezwa n’urwego rwubifitiye ububasha.

Yagize ati “Nta cyemezo nigeze nshyira mu bikorwa inama ya Sinodi itabimpereye uburenganzira kandi inyandiko zirahari.”

Ku byo guha umugore we inshingano, Musenyeri Mugisha yavuze ko umugore we atahembwaga amafaranga avuye mu itorero, ahubwo ko yabaga yatanzwe n’abaterankunga, ndetse avuga ko n’imodoka bivugwa ko yahaye umugore we ngo ajye agendamo, yakodeshwaga kandi ikinjiriza Itorero.

Naho ku cyaha cyo kwihesha inyungu binyuranyije n’amategeko, Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagiye atanga amasoko ashingiye ku byemezo yabaga yafashe ku giti cye.

Bwagaragaje ko nk’inyubako y’Itorero iri kubakwa mu Mujyi wa Musanze, imodoka ya Musenyeri ari yo yakoreshwaga mu bikorwa byo kuyubaka.

Nanone kandi Musenyeri ngo yihaye isoko ry’amagi yahabwaga abana bo muri Diyoseze ya Shyira mu rwego rwo guhangana n’imirire mibi mu bana, kandi binyuranyije n’amategeko.

Uregwa ndetse n’abamwunganira mu mategeko, bahakanye ibyaha byose aregwa, basabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze, cyane ko ngo afite ibibazo by’ubuzima.

Bavuze kandi ko uregwa asanzwe ari inyangamugayo, bityo ko adashobora gutoroka ubutabera, basaba ko arekurwa, banatanga ingwate y’ubutaka n’umwishingizi ari we Musenyeri Kolinti.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwanzura ko ruzatangaza icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

Next Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y'imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.