Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, bumusabira gukirikiranwa afunze by’agateganyo, bwanagaragaje ibikorwa bigize bimwe mu byaha ashinjwa, birimo kuba yarahaye umugore we kuyobora umuryango umwe, akanamugenera umushahara n’imodoka.

Ni mu iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze.

Dr Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira akaza kwegura, yatawe muri yombi tariki 21 Mutarama 2025, aregwa ibyaha bitatu, ari byo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Muri iri buranisha, Ubushinjacyaha ubwo bwagaragazaga bimwe mu bikorwa bigize ibyaha byakozwe na Musenyeri, nko ku cyaha cyo gufata icyemezo gishhiniye ku bucuti n’itonesha ndetse n’ikimenyane, bwavuze ko yakoresheje ububasha agafata icyemezo cyo kugira umugore we Abakunzi Jacqueline, Umuyobozi wUmuryango ‘Mothers Union’ ubundi akamugenera umushahara n’imodoka ya Diyoseze yagombaga kujya agendamo.

Nanone kandi kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwavuze ko Musenyeri yagurishije imodoka ya Diyoseze amafaranga arenga miliyoni 20 Frw, kandi nta rwego rubifitiye ububasha mu Itorero rubifasheho icyemezo.

Musenyeri Mugisha waburanye ahakana ibyaha, yavuze ko nta cyemezo na kimwe yafashe bitabanje kwemezwa n’urwego rwubifitiye ububasha.

Yagize ati “Nta cyemezo nigeze nshyira mu bikorwa inama ya Sinodi itabimpereye uburenganzira kandi inyandiko zirahari.”

Ku byo guha umugore we inshingano, Musenyeri Mugisha yavuze ko umugore we atahembwaga amafaranga avuye mu itorero, ahubwo ko yabaga yatanzwe n’abaterankunga, ndetse avuga ko n’imodoka bivugwa ko yahaye umugore we ngo ajye agendamo, yakodeshwaga kandi ikinjiriza Itorero.

Naho ku cyaha cyo kwihesha inyungu binyuranyije n’amategeko, Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagiye atanga amasoko ashingiye ku byemezo yabaga yafashe ku giti cye.

Bwagaragaje ko nk’inyubako y’Itorero iri kubakwa mu Mujyi wa Musanze, imodoka ya Musenyeri ari yo yakoreshwaga mu bikorwa byo kuyubaka.

Nanone kandi Musenyeri ngo yihaye isoko ry’amagi yahabwaga abana bo muri Diyoseze ya Shyira mu rwego rwo guhangana n’imirire mibi mu bana, kandi binyuranyije n’amategeko.

Uregwa ndetse n’abamwunganira mu mategeko, bahakanye ibyaha byose aregwa, basabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze, cyane ko ngo afite ibibazo by’ubuzima.

Bavuze kandi ko uregwa asanzwe ari inyangamugayo, bityo ko adashobora gutoroka ubutabera, basaba ko arekurwa, banatanga ingwate y’ubutaka n’umwishingizi ari we Musenyeri Kolinti.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwanzura ko ruzatangaza icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

Next Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y'imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.