Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe ibyo Trump na Obama bashobora kuba baganiriye mu kiganiro cyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatahuwe ibyo Trump na Obama bashobora kuba baganiriye mu kiganiro cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Jimmy Carter wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America uherutse kwitaba Imana, icyatunguranye ni ikiganiro Barack Obama yagiranye na Donald Trump bari bicaranye, bataherukaga kwegerana. Umuhanga mu gusuzuma ibiganiro bya bucece, yavuze ibyo bashobora kuba baganiriyeho.

Ni mu muhango wabereye i Washington kuri uyu wa 09 Mutarama 2025, wari urimo abayoboye Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Perezida Joe Biden kimwe n’abandi banyacyubahiro mu nzego nkuru z’iki Gihugu.

Aba banyacyubahiro bari bicaranye n’abafasha babo, uretse Barack Obama aho byabaye ngombwa ko yegerana na Donald Trump, banyuzagamo bakaganira bongorerana.

Muri iki kiganiro byagaragaraga ko Trump yubashye mugenzi we Obama yasimbuye ariko bakaba batarakunze guhuza, byagaragaraga ko Obama ari we wateruraga ingingo, akayongorera Trump, na we wahitaga asa nk’umwegereye kugira ngo amwumve, akagenda amusubiza azunguza umutwe (hasi hejuru) bigaragara ko yemera ibyo yamubwiraga.

Amashusho y’aba banyapolitiki, ni ingingo iri kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bahanga mu gutahura ibiganiro nk’ibi bagendeye ku bimenyetso by’umunwa, bavuze ko baganiraga ku “ngingo zikomeye.”

Jeremy Freeman, umuhanga mu gusoma ibimenyetso by’iminwa agatahura ibyatangazwaga mu kiganiro cya bucece, yavuze ko Obama na Trump bashobora kuba baganiraga ku byerecyeye amasezerano mpuzamahanga.

Uyu muhanga mu kiganiro yagiranye na New York Post, yavuze ko muri iki kiganiro cya Obama na Trump, yagize ati “Ubu ntibyashoboka ko tubiganiraho, twazashaka ikindi gihe ahantu hatuje. Iyi ni ingingo y’ingirakamaro, dukwiye kuzabikoraniriraho ahandi hantu kugira ngo tubiganireho byimbitse atari uyu munsi.”

Muri iki kiganiro, Trump ubwo yasubizaga Obama, yagize ati “Nafashe icyemezo cyo kubivamo. Byari iby’ingenzi. Urabyiyumvisha ariko?”

Muri manda ye ya mbere, Trump yahagaritse umushinga w’amasezerano ya Obama wo muri 2015 w’ingufu za kirimbuzi hamwe na Iran, ndetse anakura Igihugu cye mu masezerano ya 2016 ku ngamba z’imihindagurikire y’ibihe y’i Pari mu Bufaransa, gusa ntibiramenyekana niba izi ngingo ari zo baganiriyeho muri iki kiganiro.

Nanone kandi hagaragazwa irindi jambo Trump yavuze muri iki kiganiro, aho bavuze ko yabanje kumwenyura ubundi akagira ati “ariko rero nzabikora.” Ari na bwo camera yahitaga ibavaho.

Uyu muhanga Freeman wagaragaje ibishobora kuba byari muri iki kiganiro, yavutse afite ubumuga bwo kutavuga, akaba yaramaze imyaka 16 akora nk’inzobere muri University College London.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

N’iyo naba naraye mushyizeho ntibyambuza kumuvanaho bucyeye-Perezida yavuze ko guhindura umuyobozi udashoboye adashyiramo amarangamutima

Next Post

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.