Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa
Share on FacebookShare on Twitter

Litiro 600 z’inzoga y’inkorano izwi nk’Igisasu, imaze iminsi yamaganwa n’abaturage bo mu Turere twa Kamonyi na Muhanga, bavuga ko ikomeje kuba intandaro y’umutekano mucye ndetse n’abayinyoye bakamera ‘nk’abasaze’, zangirijwe imbere yabo nyuma yo kuzifatana abagabo batanu.

Abagabo batanu bafatanywe izi Litiro 600 z’inzoga y’inkorano, barimo batatu bafatanywe litiro 120, bafatirwa mu Mudugudu wa Nyerenga mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.

Naho abandi babiri bafatirwa mu Mudugudu wa Ruba mu Kagari ka Cyeza mu Murenge wa Cyeza mu Marere ka Muhanga, bo bafatanywe litiro 480 z’iyi nzoga izwi nk’Igisasu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko aba bantu bafashwe ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023, nyuma yuko abaturage batanze amakuru.

Yagize ati “Batanze amakuru ko bahangayikishijwe n’inzoga yitwa igisasu ibahungabanyiriza umutekano, bavuga ko uwakinyweye amera nk’uwasaze bityo urugomo n’ubujura bikaba byari bimaze kwiyongera muri ako gace.”

CIP Emmanuel Habiyaremye yakomeje avuga ko hateguwe umukwabu wo gufata abacuruza inzoga ari bwo hafatwaga ziriya Litiro 600 zirimo 120 zafatiwe mu Karere ka Kamonyi, n’izindi 480 zafatiwe mu Karere ka Muhanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yaboneyeho gushimira abaturage batanze amakuru yatumye hafatwa ziriya nzoga z’inkorano na bariya bantu batanu, icyakora avuga ko hari abatorotse bakiri gushakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

Next Post

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.