Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa
Share on FacebookShare on Twitter

Litiro 600 z’inzoga y’inkorano izwi nk’Igisasu, imaze iminsi yamaganwa n’abaturage bo mu Turere twa Kamonyi na Muhanga, bavuga ko ikomeje kuba intandaro y’umutekano mucye ndetse n’abayinyoye bakamera ‘nk’abasaze’, zangirijwe imbere yabo nyuma yo kuzifatana abagabo batanu.

Abagabo batanu bafatanywe izi Litiro 600 z’inzoga y’inkorano, barimo batatu bafatanywe litiro 120, bafatirwa mu Mudugudu wa Nyerenga mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.

Naho abandi babiri bafatirwa mu Mudugudu wa Ruba mu Kagari ka Cyeza mu Murenge wa Cyeza mu Marere ka Muhanga, bo bafatanywe litiro 480 z’iyi nzoga izwi nk’Igisasu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko aba bantu bafashwe ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023, nyuma yuko abaturage batanze amakuru.

Yagize ati “Batanze amakuru ko bahangayikishijwe n’inzoga yitwa igisasu ibahungabanyiriza umutekano, bavuga ko uwakinyweye amera nk’uwasaze bityo urugomo n’ubujura bikaba byari bimaze kwiyongera muri ako gace.”

CIP Emmanuel Habiyaremye yakomeje avuga ko hateguwe umukwabu wo gufata abacuruza inzoga ari bwo hafatwaga ziriya Litiro 600 zirimo 120 zafatiwe mu Karere ka Kamonyi, n’izindi 480 zafatiwe mu Karere ka Muhanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yaboneyeho gushimira abaturage batanze amakuru yatumye hafatwa ziriya nzoga z’inkorano na bariya bantu batanu, icyakora avuga ko hari abatorotse bakiri gushakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

Next Post

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Related Posts

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.