Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe havugwa izamuka ry’igiciro cy’umuceri uturuka muri Tanzania, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyo kivuga ko uwinjiye mu Rwanda mu byumweru bibiri bishize, wikububye inshuro eshatu ugereranyije n’igihe nk’icyo umwaka ushize, kandi ko uturuka mu Bihugu bya EAC wakuriweho imisoro.

Ni nyuma y’uko ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] hari abagaragaje ko uyu muceri usanzwe ukunzwe na benshi, watumbagiye; bibaza impamvu yabiteye.

Umunyamakuru Emma Marie Umurerwa, mu butumwa yanyujije kuri X, abaza Ibigo birebwa n’ubucuruzi, nk’icy’Umusoro n’Amahooro ndetse na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagize ati “Mwamenye ko umuceri wa Tanzania nimero 1, ibilo ari 55 000 Rrw?”

Uyu munyamakuru mu kibazo cye, yakomeje agira ati “Umucuruzi ambwiye ko ari ingaruka za cya cyemezo muherutse gufata. Ni inde uri burengere umuguzi?”

Mu gusubiza iki kibazo, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yizeje ko igiye gukurikirana ibyacyo kugira ngo kibonerwe umuti, bityo abakunzi b’uyu muceri bakomeze kuwuhaha.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagize iti “MINICOM ifatanyije na PSF (Urugaga rw’Abikorera), abacuruzi batumiza umuceri mu mahanga n’izindi nzego bireba bari gukurikirana iki kibazo.”

MINICOM yakomeje muri ubu butumwa bwayo igira iti “Uretse umuceri uturuka muri Tanzania, ubundi bwoko bw’umuceri buraboneka ku isoko uko bisanzwe.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyo cyagaragaje ko nta mpungenge yagakwiye gutuma habaho itumbagira ry’ibiciro by’uyu muceri uturuka muri Tanzania.

RRA yagize iti “Dukurikije imibare tubona y’ukuntu umuceri uva hanze winjira mu gihugu, kuva tariki ya 1-14/04/2024 hinjiye toni 1305.4 z’umuceri uva Tanzania. Tugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, wikubye inshuro hafi eshatu.”

Iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, cyakomeje kigira kiti “Tubibutse ko umuceri wakuriweho umusoro wa TVA by’umwihariko uturutse muri EAC ntiwishyura n’amahoro ya Gasutamo.”

Mu mpera za Gashyantare, hari amakamyo 26 yafatiriwe yari atwaye umuceri ugera kuri Toni 1 400, aho byaje kugaragara ko izari zujuje ubuziranenge ari toni 160 gusa, mu gihe Toni zirenga 1 200 zitari zujuje ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 20 =

Previous Post

Umunyemari wavuzwe mu batunze agatubutse mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.