Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe havugwa izamuka ry’igiciro cy’umuceri uturuka muri Tanzania, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyo kivuga ko uwinjiye mu Rwanda mu byumweru bibiri bishize, wikububye inshuro eshatu ugereranyije n’igihe nk’icyo umwaka ushize, kandi ko uturuka mu Bihugu bya EAC wakuriweho imisoro.

Ni nyuma y’uko ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] hari abagaragaje ko uyu muceri usanzwe ukunzwe na benshi, watumbagiye; bibaza impamvu yabiteye.

Umunyamakuru Emma Marie Umurerwa, mu butumwa yanyujije kuri X, abaza Ibigo birebwa n’ubucuruzi, nk’icy’Umusoro n’Amahooro ndetse na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagize ati “Mwamenye ko umuceri wa Tanzania nimero 1, ibilo ari 55 000 Rrw?”

Uyu munyamakuru mu kibazo cye, yakomeje agira ati “Umucuruzi ambwiye ko ari ingaruka za cya cyemezo muherutse gufata. Ni inde uri burengere umuguzi?”

Mu gusubiza iki kibazo, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yizeje ko igiye gukurikirana ibyacyo kugira ngo kibonerwe umuti, bityo abakunzi b’uyu muceri bakomeze kuwuhaha.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagize iti “MINICOM ifatanyije na PSF (Urugaga rw’Abikorera), abacuruzi batumiza umuceri mu mahanga n’izindi nzego bireba bari gukurikirana iki kibazo.”

MINICOM yakomeje muri ubu butumwa bwayo igira iti “Uretse umuceri uturuka muri Tanzania, ubundi bwoko bw’umuceri buraboneka ku isoko uko bisanzwe.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyo cyagaragaje ko nta mpungenge yagakwiye gutuma habaho itumbagira ry’ibiciro by’uyu muceri uturuka muri Tanzania.

RRA yagize iti “Dukurikije imibare tubona y’ukuntu umuceri uva hanze winjira mu gihugu, kuva tariki ya 1-14/04/2024 hinjiye toni 1305.4 z’umuceri uva Tanzania. Tugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, wikubye inshuro hafi eshatu.”

Iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, cyakomeje kigira kiti “Tubibutse ko umuceri wakuriweho umusoro wa TVA by’umwihariko uturutse muri EAC ntiwishyura n’amahoro ya Gasutamo.”

Mu mpera za Gashyantare, hari amakamyo 26 yafatiriwe yari atwaye umuceri ugera kuri Toni 1 400, aho byaje kugaragara ko izari zujuje ubuziranenge ari toni 160 gusa, mu gihe Toni zirenga 1 200 zitari zujuje ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twenty =

Previous Post

Umunyemari wavuzwe mu batunze agatubutse mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.