Abanyamakuru babiri bakorera Ibitangazamuru bibiri byo mu Burundi, batawe muri yombi ubwo bataraga inkuru y’imyigaragambyo y’abakiliya ba kimwe mu bigo by’imari biciriritse muri iki Gihugu, nyuma baza kurekurwa, ariko bahabwa gasopo, ko Polisi y’iki Gihugu idashaka ko ibyabaye bizasubira.
Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko aba banyamakuru batawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025 ubwo bariho batara inkuru y’imyigaragambyo y’abanyamuryango b’ikigo cy’imari giciriritse cya Ineza, bamagana ifungwa ryacyo rimaze amezi ane dore ko cyafunzwe kuva muri Mutarama.
Aba bari batawe muri yombi, ni Willy Kwizera ukorera ikinyamakuru Bonesha FM na Masudi Mugiraneza ukorera Radio Nderagakura, aho bari bafatiwe ahitwa Kinama mu majyaruguru ya Bujumbura.
Bafatanywe n’abakiliya b’icyo kigo cy’imari, babarirwa muri 50 ubwo bari mu myigaragambyo ikaza kurogowa n’inzego z’umutekano.
Abatanze amakuru, bavuga ko abakozi b’Urwego rw’Ubutasi mu Burundi, (SNR/Service National de Renseignement) bari kumwe n’abapolisi bahise bagota abari muri iyi myigaragambyo bagahita babata muri yombi ndetse n’abo banyamakuru babiri.
Bakimara gufatwa, bahise bajyanwa ku cyicaro gikuru cya Polisi i Bujumbura, ahasanzwe hakorerwa ibikorwa byo guhata ibibazo abakekwaho ibyaha.
Abayobozi bamwe bahase ibibazo aba banyamakuru, banabashinja kuba bagiye gutara inkuru y’iyi myigaragambyo batamenyesheje inzego z’ibanze, aho kuba bagiyeyo byafashwe “nk’ubufatanyacyaha muri ibi bikorwa bibujijwe.”
Nyuma, Komiseri mukuru wa Polisi Nkuru ya Bujumbura, yategetse ko aba banyamakuru barekurwa, ariko atanga amababwirza ko “Ibyabaye bitazongera kuba ukundi byumwihariko mu gihe amatora yegereje.” Iyi gasopo kandi ikaba yanahawe abari muri iyi myigaragambyo.
Uku gutabwa muri yombi kw’aba banyamakuru Willy Kwizera na Masudi Mugiraneza kwazamuye umujinya mu banyamakuru bo mu Burundi n’abo mu miryango mpuzamahanga y’Abanyamakuru, yamaganye iki gikorwa.
RADIOTV10