Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, batawe muri yombi nyuma yo gutabaza ko umwana wabo w’umukobwa yitabye Imana, bigakekwa ko ari bo babigizemo uruhare, kuko bavugwaho ko bari babanje kumukubita bamuziza ibihumbi 10 Frw.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga, baketsweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo w’imyaka umunani mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, ubwo babyukaga batabaza ko umwana wabo yitabye Imana.

Gusa ubwo batabazaga, hahise hamenyekana amakuru ko ku wa Gatanu tariki 19 Mutarama bari bagiye kureba nyakwigendera ku ishuri ngo bamukubite kuko bakekaga ko yabibye amafaranga ibihumbi 10 Frw bari babuze.

Amakuru avuga ko nyuma yo kujyana uyu mwana wabo mu rugo, bamukubise kuri uwo munsi [ku wa Gatanu] ari bwo bwacyaga ku wa Gatandatu bavuga ko yitabye Imana.

Iperereza ry’ibanze ryahise rifata aba babyeyi bakekwaho kwihekura, ndetse bahita batabwa muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busongo mu gihe hagikorwa iperereza.

Amakuru y’ifatwa ry’aba babyeyi, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, wavuze ko bafashwe ubwo batabazaga bavuga ko umwana wabo yapfuye, ariko bigakekwa ko ari bo babigizemo uruhare.

Yagize ati “Ababyeyi batabaje bavuga ko umwana wabo yitabye Imana, ariko bikaba bikekwa ko bashobora kuba baramukubise bikavamo urupfu.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru uvuga ko inzego zishinzwe iperereza zirimo kurikora kuri aba babyeyi, kugira ngo hamenyekane icyahitanye nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Mu Rwanda inkongi y’umuriro yadutse ku ishuri yahitanye ubuzima bw’umunyeshuri

Next Post

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.