Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyatumye ababyeyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, batawe muri yombi nyuma yo gutabaza ko umwana wabo w’umukobwa yitabye Imana, bigakekwa ko ari bo babigizemo uruhare, kuko bavugwaho ko bari babanje kumukubita bamuziza ibihumbi 10 Frw.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga, baketsweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo w’imyaka umunani mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, ubwo babyukaga batabaza ko umwana wabo yitabye Imana.

Gusa ubwo batabazaga, hahise hamenyekana amakuru ko ku wa Gatanu tariki 19 Mutarama bari bagiye kureba nyakwigendera ku ishuri ngo bamukubite kuko bakekaga ko yabibye amafaranga ibihumbi 10 Frw bari babuze.

Amakuru avuga ko nyuma yo kujyana uyu mwana wabo mu rugo, bamukubise kuri uwo munsi [ku wa Gatanu] ari bwo bwacyaga ku wa Gatandatu bavuga ko yitabye Imana.

Iperereza ry’ibanze ryahise rifata aba babyeyi bakekwaho kwihekura, ndetse bahita batabwa muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busongo mu gihe hagikorwa iperereza.

Amakuru y’ifatwa ry’aba babyeyi, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, wavuze ko bafashwe ubwo batabazaga bavuga ko umwana wabo yapfuye, ariko bigakekwa ko ari bo babigizemo uruhare.

Yagize ati “Ababyeyi batabaje bavuga ko umwana wabo yitabye Imana, ariko bikaba bikekwa ko bashobora kuba baramukubise bikavamo urupfu.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru uvuga ko inzego zishinzwe iperereza zirimo kurikora kuri aba babyeyi, kugira ngo hamenyekane icyahitanye nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seven =

Previous Post

Mu Rwanda inkongi y’umuriro yadutse ku ishuri yahitanye ubuzima bw’umunyeshuri

Next Post

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe
MU RWANDA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witabye Imana bitunguranye bikanahunganya bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.