Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in SIPORO
1
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’ubutegetsi ya Gisagara Volleyball Club iri mu makipe ya Volleyball akomeye mu Rwanda no muri Afurika, yirukanye Mudahemuka Clovis wari umuyobozi wayo kubera umwuka mubi umaze iminsi muri iyi kipe byanatumye iyi kipe yitwara nabi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Mudahemuka Clovis, yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023, nyuma yuko hasohotse ibaruwa y’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Gisagara Volleyball Club.

Iyi baruwa yashyirwaho umukono n’umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi bw’ikipe ya  Gisagara Volleyball club, Kubumwe Celestin, ivuga ko uyu muyobozi yavanywe mu nshingano kubera umwuka mubi  amaze igihe  muri iyi kipe byanatumye inanirwa kwitwara neza ariko kandi muri 2021 yarabaye iya Gatatu ku Mugabane wa Afurika.

Celestin yagize ati “Mudahemuka Clovis asabwe guhita akora ihererekanyabubasha na Muhire Norbert wari umuyobozi wungirije mu ikipe.”

Bimwe mu byaranze ingoma ya Mudahemuka Clovis, muri Ikipe ya Gisagara Volleyball Club, harimo kuba yarashoboye kwegukana ibikombe bibiri umwaka ushize w’Imikino ari byo Memorial Rutsindura na Gisaka Open Tournament.

Nubwo yagerageje gutwarwa Shampiyona ndetse n’irushanwa rya Tax Payers yatsindiwe ku mukino wa nyuma na REG Volleyball Club.

Kwirukanwa kwa Clovis kuje gukurikira igenda ry’umutoza NYIRIMANA Fidel wagiranye n’iyo kipe ibihe byiza mu mukino wa Volleyball ndetse akaba ari umwe mu batoza beza u Rwanda rufite muri uyu mukino.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Clementine Mukarebero says:
    3 years ago

    Ndabona kumwirukana ari umukire wacu bigoye gsa nta kundi ubwo twizere ko bikosoka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Next Post

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Related Posts

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo mu Mujyi wa London...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.