Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in SIPORO
1
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’ubutegetsi ya Gisagara Volleyball Club iri mu makipe ya Volleyball akomeye mu Rwanda no muri Afurika, yirukanye Mudahemuka Clovis wari umuyobozi wayo kubera umwuka mubi umaze iminsi muri iyi kipe byanatumye iyi kipe yitwara nabi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Mudahemuka Clovis, yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023, nyuma yuko hasohotse ibaruwa y’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Gisagara Volleyball Club.

Iyi baruwa yashyirwaho umukono n’umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi bw’ikipe ya  Gisagara Volleyball club, Kubumwe Celestin, ivuga ko uyu muyobozi yavanywe mu nshingano kubera umwuka mubi  amaze igihe  muri iyi kipe byanatumye inanirwa kwitwara neza ariko kandi muri 2021 yarabaye iya Gatatu ku Mugabane wa Afurika.

Celestin yagize ati “Mudahemuka Clovis asabwe guhita akora ihererekanyabubasha na Muhire Norbert wari umuyobozi wungirije mu ikipe.”

Bimwe mu byaranze ingoma ya Mudahemuka Clovis, muri Ikipe ya Gisagara Volleyball Club, harimo kuba yarashoboye kwegukana ibikombe bibiri umwaka ushize w’Imikino ari byo Memorial Rutsindura na Gisaka Open Tournament.

Nubwo yagerageje gutwarwa Shampiyona ndetse n’irushanwa rya Tax Payers yatsindiwe ku mukino wa nyuma na REG Volleyball Club.

Kwirukanwa kwa Clovis kuje gukurikira igenda ry’umutoza NYIRIMANA Fidel wagiranye n’iyo kipe ibihe byiza mu mukino wa Volleyball ndetse akaba ari umwe mu batoza beza u Rwanda rufite muri uyu mukino.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Clementine Mukarebero says:
    3 years ago

    Ndabona kumwirukana ari umukire wacu bigoye gsa nta kundi ubwo twizere ko bikosoka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Next Post

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.