Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwaregwaga kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Marie Chantal Mukanzabarushimana wari ukurikiranyweho kwica Rutiyomba Elsie Akeza yari abereye mukase wasanzwe mu kidomoro cy’amazi yapfuye, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, aho uru rukiko rwahamije uyu Mukanzabarushimana icyaha cyo kwica umwana yari abereye mukase mu bwicanyi bawabaye muri Mutarama umwaka ushize i Kanombe.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, uregwa ahamwa n’icyaha cyo kwica Akeza.

Urukiko rwagarutse ku bimenyetso byatumye rumuhamya icyaha, birimo ubuhamya bwatanzwe n’uwari umukozi wo mu rugo rwabereyemo ubu bwicanyi, ndetse n’ibindi bimenyetso bishingiye ku byagaragaye kuri nyakwigendera ubwo bamusangaga mu kidomo cy’amazi.

Iki gihano cyo gufungwa burundu cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha, bwasobanuriye Urukiko ko uregwa yateguye umugambi wo kwivugana nyakwigendera, agatuma umukozi wo mu rugo, ibintu birimo amagi y’amanyarwanda, kugira ngo atinde, ubundi abone uko ashyira mu bikorwa umugambi we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Mukanzabarushimana n’umugabo bajyaga bagirana amakimbirane bapfa kuba yarakundaga nyakwigendera, uyu mugore agakeka ko bizatuma asubirana na nyina.

Uregwa we yaburanaga ahakana icyaha, avuga ko nyakwigendera yaguye muri icyo kidomoro ku bw’impanuka, ngo kuko atashoboraga kwica uwo mwana ahubwo ko yamufataga nk’umwana we.

Urupfu rwa Rutiyomba Elsie Akeza, rwababaje benshi, dore ko uyu mwana yari asanzwe ashimisha benshi kubera gusubiramo indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo Meddy na we wagaragaje agahinda ko kuba uyu mwana yaritabye Imana.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nshimiyimana Hussein says:
    2 years ago

    Ubutabera bwiza icyo gihano nicyo cye bazamufute ubutareba hanze n abandi bavutsa ubuzima bwabandi

    Reply
  2. Estella says:
    2 years ago

    Uwomugore akwiye gufungirwa ahantu hawenyenye kuko numwicanyi wokurwego rwohejuru. Ubumanza bwomu Rwanda bwubahwe kuko bwaciye urubanza neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Uko telefone yatumye umugabo akorera amahano umugore we

Next Post

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.