Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwaregwaga kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Marie Chantal Mukanzabarushimana wari ukurikiranyweho kwica Rutiyomba Elsie Akeza yari abereye mukase wasanzwe mu kidomoro cy’amazi yapfuye, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, aho uru rukiko rwahamije uyu Mukanzabarushimana icyaha cyo kwica umwana yari abereye mukase mu bwicanyi bawabaye muri Mutarama umwaka ushize i Kanombe.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, uregwa ahamwa n’icyaha cyo kwica Akeza.

Urukiko rwagarutse ku bimenyetso byatumye rumuhamya icyaha, birimo ubuhamya bwatanzwe n’uwari umukozi wo mu rugo rwabereyemo ubu bwicanyi, ndetse n’ibindi bimenyetso bishingiye ku byagaragaye kuri nyakwigendera ubwo bamusangaga mu kidomo cy’amazi.

Iki gihano cyo gufungwa burundu cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha, bwasobanuriye Urukiko ko uregwa yateguye umugambi wo kwivugana nyakwigendera, agatuma umukozi wo mu rugo, ibintu birimo amagi y’amanyarwanda, kugira ngo atinde, ubundi abone uko ashyira mu bikorwa umugambi we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Mukanzabarushimana n’umugabo bajyaga bagirana amakimbirane bapfa kuba yarakundaga nyakwigendera, uyu mugore agakeka ko bizatuma asubirana na nyina.

Uregwa we yaburanaga ahakana icyaha, avuga ko nyakwigendera yaguye muri icyo kidomoro ku bw’impanuka, ngo kuko atashoboraga kwica uwo mwana ahubwo ko yamufataga nk’umwana we.

Urupfu rwa Rutiyomba Elsie Akeza, rwababaje benshi, dore ko uyu mwana yari asanzwe ashimisha benshi kubera gusubiramo indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo Meddy na we wagaragaje agahinda ko kuba uyu mwana yaritabye Imana.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nshimiyimana Hussein says:
    2 years ago

    Ubutabera bwiza icyo gihano nicyo cye bazamufute ubutareba hanze n abandi bavutsa ubuzima bwabandi

    Reply
  2. Estella says:
    2 years ago

    Uwomugore akwiye gufungirwa ahantu hawenyenye kuko numwicanyi wokurwego rwohejuru. Ubumanza bwomu Rwanda bwubahwe kuko bwaciye urubanza neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Uko telefone yatumye umugabo akorera amahano umugore we

Next Post

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.