Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwaregwaga kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Marie Chantal Mukanzabarushimana wari ukurikiranyweho kwica Rutiyomba Elsie Akeza yari abereye mukase wasanzwe mu kidomoro cy’amazi yapfuye, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, aho uru rukiko rwahamije uyu Mukanzabarushimana icyaha cyo kwica umwana yari abereye mukase mu bwicanyi bawabaye muri Mutarama umwaka ushize i Kanombe.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, uregwa ahamwa n’icyaha cyo kwica Akeza.

Urukiko rwagarutse ku bimenyetso byatumye rumuhamya icyaha, birimo ubuhamya bwatanzwe n’uwari umukozi wo mu rugo rwabereyemo ubu bwicanyi, ndetse n’ibindi bimenyetso bishingiye ku byagaragaye kuri nyakwigendera ubwo bamusangaga mu kidomo cy’amazi.

Iki gihano cyo gufungwa burundu cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha, bwasobanuriye Urukiko ko uregwa yateguye umugambi wo kwivugana nyakwigendera, agatuma umukozi wo mu rugo, ibintu birimo amagi y’amanyarwanda, kugira ngo atinde, ubundi abone uko ashyira mu bikorwa umugambi we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Mukanzabarushimana n’umugabo bajyaga bagirana amakimbirane bapfa kuba yarakundaga nyakwigendera, uyu mugore agakeka ko bizatuma asubirana na nyina.

Uregwa we yaburanaga ahakana icyaha, avuga ko nyakwigendera yaguye muri icyo kidomoro ku bw’impanuka, ngo kuko atashoboraga kwica uwo mwana ahubwo ko yamufataga nk’umwana we.

Urupfu rwa Rutiyomba Elsie Akeza, rwababaje benshi, dore ko uyu mwana yari asanzwe ashimisha benshi kubera gusubiramo indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo Meddy na we wagaragaje agahinda ko kuba uyu mwana yaritabye Imana.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nshimiyimana Hussein says:
    2 years ago

    Ubutabera bwiza icyo gihano nicyo cye bazamufute ubutareba hanze n abandi bavutsa ubuzima bwabandi

    Reply
  2. Estella says:
    2 years ago

    Uwomugore akwiye gufungirwa ahantu hawenyenye kuko numwicanyi wokurwego rwohejuru. Ubumanza bwomu Rwanda bwubahwe kuko bwaciye urubanza neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + four =

Previous Post

Uko telefone yatumye umugabo akorera amahano umugore we

Next Post

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.