Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo giha umugisha gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda bazava UK

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe icyemezo giha umugisha gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda bazava UK
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rw’i London mu Bwongereza, rwemeje ko amasezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira, yanyuze mu nzira ziboneye kandi yubahirije amategeko.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, n’Urukiko Rukuru rw’i London mu Bwongereza nyuma yo gusuzuma ikirego cy’abari barugejejeho bavuga ko iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda idakurikije amategeko.

Impuguke ndetse na bamwe mu bagomba koherezwa mu Rwanda, bari biyambaje uru Rukiko, bavuga ko ibyakozwe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, bitanyuze mu mucyo ndetse ko bihabanye n’amategeko mpuzamahanga.

Uruhande rwa Guverinoma y’u Bwongereza yakunze kuvuga ko aya masezerano anyuze mu mucyo, rwagaragarije uru Rukiko ko ibyakozwe hagati ya UK n’u Bwongereza nta tegeko na rimwe byanyuranyije.

Ni na ko byemejwe n’Uru Rukiko Rukuru rw’i London, rwavuze ko iyi gahunda hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda, yakozwe hubahirijwe amategeko n’ihame ry’uburenganzira bwa muntu, bityo ko iyi gahunda yatangira gushyirwa mu bikorwa.

Indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturuka mu Bwongereza bazanwa mu Rwanda, yagombaga gufata ikirere mu ijoro ryo ku ya 14 Kamena 2022, yahagaritse urugendo mu buryo butunguranye ku munota wa nyuma.

Iri hagarikwa ry’urugendo rw’indege, ryaturutse ku kuba umwe mu bimukira bagombaga kuzanwa, yari yitabaje Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights] arugaragariza ko afite impungenge ku burenganzira bwe ubwo azaba yageze mu Rwanda.

Ibi byatumye Uru rukiko ruba rufashe icyemezo cyo guhagarika gahunda yo kohereza aba bimukira kugira ngo rubanze rubisuzume.

Guverinoma y’u Bwongereza, yahise itangaza ko ntakizakoma mu nkokora iyi gahunda ndetse ko hahise hatangira ibikorwa byo gutegura indi ndege izazana abimukira ba mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + ten =

Previous Post

Bamporiki nyuma yo gukatirwa imyaka 4 bwa mbere yagize icyo abwira Urukiko yajuririye

Next Post

Ikirego cy’uwakubise mugenzi we inkoni mu nda bikamuviramo gupfa cyazamuwe

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cy’uwakubise mugenzi we inkoni mu nda bikamuviramo gupfa cyazamuwe

Ikirego cy’uwakubise mugenzi we inkoni mu nda bikamuviramo gupfa cyazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.