Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwahagaritse urubanza rwari rwarezwemo Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ku kirego cy’umwishyuza miliyoni 3,2 Frw.

Iki cyemezo cyafashwe gishingiye ku busabe bwatanzwe n’uruhande r’uwari wareze Dr Pierre Damien, aho umunyamategeko wa Bizima Daniel wishyuza aya mafaranga, yamenyesheje Urukiko ko habayeho ubwumvikane hagati y’uwareze n’uwarezwe.

Iki cyifuzo cyari cyatanzwe tariki 02 Ugushyingo 2022, ubwo uru rubanza rwagombaga kuburanishwa, ariko uwarezwe ndetse n’uwareze ntibaboneke mu rukiko, ahubwo hakaza uwunganira uwareze.

Icyo gihe Umunyamategeko wunganira uwareze, yabwiye Umucamanza ko impamvu aba bombi bataje mu rukiko ari uko bagiranye ubwumvikane ku bwishyu ndetse ko bifuza ko urubaza ruhagarikwa.

Umucamanza yahise atangaza ko azasoma icyemezo ku ya 10 Ugushyingo 2022, ariko iki gikorwa kiza kwimurirwa ku ya 15 Ugushyingo 2022.

Urukiko rwemeje ubusabe bw’uruhande rw’uwari wareze Dr Pierre Damien Habumuremyi, rwemeza ko uru rubanza ruhagaritswe.

Uyu munyapolitiki Dr Pierre Damien Habumuremyi wagize imirimo inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, mu kwezi k’Ugushyingo 2020, yari yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni zigera muri 890 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaraburanishije uyu munyapolitiki rukamuhamya icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, rwari rwanamusabye kwishyura imyenda abereyemo abantu zigera muri Miliyari 1,5 Frw.

Mu kwezi k’Ukwakira 2021, Dr Pierre Damien yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ariko asabwa kwishyura imyenda yari abereyemo abantu.

Nyuma haje kumenyekana amakuru ya Bizima Daniel wavugaga ko atishyuwe miliyoni 3,2 Frw ndetse ari na bwo yiyambazaga Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo muri uru rubanza rwamaze guhagarikwa.

Umunyamategeko wa Bizima Daniel yavuze ko buriya bwumvikane bwatumye uru rubanza ruhagarikwa, bwabaye hagati y’umwana wa Dr Damien ndetse n’uwari wareze, ku buryo azishyurwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nyinawumwami Francoise says:
    3 years ago

    Mujye mureka kuvuga gutyo ibifi binini birya udufi duto njye x ko namureze ambereyemo milioni eshatu afunguwe yarazinyishyuye?ahubwo arye ari menge kuko ndumva abo agifitiye imyenda turi benshi.natareba neza azasubirayoda!tuzongera dutange ikirego niba atarava kw’izima ngo atwishyure.namugira inama yo kwishyura amadeni yose atubereyemo n’aho ibyo kudukanga mu Rwanda byo ntibizakora kuko dufite ubuyobozi n’amategeko atabogama.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko

Next Post

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.