Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwahagaritse urubanza rwari rwarezwemo Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ku kirego cy’umwishyuza miliyoni 3,2 Frw.

Iki cyemezo cyafashwe gishingiye ku busabe bwatanzwe n’uruhande r’uwari wareze Dr Pierre Damien, aho umunyamategeko wa Bizima Daniel wishyuza aya mafaranga, yamenyesheje Urukiko ko habayeho ubwumvikane hagati y’uwareze n’uwarezwe.

Iki cyifuzo cyari cyatanzwe tariki 02 Ugushyingo 2022, ubwo uru rubanza rwagombaga kuburanishwa, ariko uwarezwe ndetse n’uwareze ntibaboneke mu rukiko, ahubwo hakaza uwunganira uwareze.

Icyo gihe Umunyamategeko wunganira uwareze, yabwiye Umucamanza ko impamvu aba bombi bataje mu rukiko ari uko bagiranye ubwumvikane ku bwishyu ndetse ko bifuza ko urubaza ruhagarikwa.

Umucamanza yahise atangaza ko azasoma icyemezo ku ya 10 Ugushyingo 2022, ariko iki gikorwa kiza kwimurirwa ku ya 15 Ugushyingo 2022.

Urukiko rwemeje ubusabe bw’uruhande rw’uwari wareze Dr Pierre Damien Habumuremyi, rwemeza ko uru rubanza ruhagaritswe.

Uyu munyapolitiki Dr Pierre Damien Habumuremyi wagize imirimo inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, mu kwezi k’Ugushyingo 2020, yari yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni zigera muri 890 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaraburanishije uyu munyapolitiki rukamuhamya icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, rwari rwanamusabye kwishyura imyenda abereyemo abantu zigera muri Miliyari 1,5 Frw.

Mu kwezi k’Ukwakira 2021, Dr Pierre Damien yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ariko asabwa kwishyura imyenda yari abereyemo abantu.

Nyuma haje kumenyekana amakuru ya Bizima Daniel wavugaga ko atishyuwe miliyoni 3,2 Frw ndetse ari na bwo yiyambazaga Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo muri uru rubanza rwamaze guhagarikwa.

Umunyamategeko wa Bizima Daniel yavuze ko buriya bwumvikane bwatumye uru rubanza ruhagarikwa, bwabaye hagati y’umwana wa Dr Damien ndetse n’uwari wareze, ku buryo azishyurwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nyinawumwami Francoise says:
    3 years ago

    Mujye mureka kuvuga gutyo ibifi binini birya udufi duto njye x ko namureze ambereyemo milioni eshatu afunguwe yarazinyishyuye?ahubwo arye ari menge kuko ndumva abo agifitiye imyenda turi benshi.natareba neza azasubirayoda!tuzongera dutange ikirego niba atarava kw’izima ngo atwishyure.namugira inama yo kwishyura amadeni yose atubereyemo n’aho ibyo kudukanga mu Rwanda byo ntibizakora kuko dufite ubuyobozi n’amategeko atabogama.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 2 =

Previous Post

Ngororero: Bavuga ko Gare yabo ibasebya bagasaba ko itakomezwa kwitwa uko

Next Post

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.