Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Icyotonderwa: Ifoto ntabwo ari iyafashwe vuba aha, ni iyifashishijwe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma yuko hazamutse umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi, kandi ko u Rwanda rwizeye ko inama nk’izo nizikomeza zaba inzira nziza yo gusohoka mu bibazo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24, cyagarutse ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibiri hagati y’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’u Burundi.

Ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Uvira mu cyumweru gishize, u Burundi bwazamuye ibirego by’ibinyoma, bushinja Ingabo z’u Rwanda kugira uruhare muri biriya bitero byasize Ingabo z’u Burundi zikijijwe n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyazo, nyuma yo gukubitwa incuro n’abarwanyi ba AFC/M23.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard aherutse ngo Ingabo z’u Rwanda zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku Ngabo z’u Burundi zari muri Kivu y’Epfo.

Ibi birego by’ibinyima ariko byahise binamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo tariki 10 Ukuboza, ivuga ko ahubwo Igisirikare cy’u Burundi ari cyo cyarashe mu bice byo muri DRC byegereye u Rwanda nka Kamanyola.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; muri iki kiganiro yagiranye na France 24, yamaganye n’ubundi biriya birego by’ibinyoma.

Yagize ati “Ntabwo ari byo, ahubwo ni ibisasu by’u Burundi byarashwe mu mujyi wa Kamanyola binatuma hari Abanyekongo bahungira mu Rwanda muri Bugarama.”

Nanone kandi amakuru yaturukaga i Burundi yavugaga ko igisirikare cy’iki Gihugu cyari cyatangiye kohereza abasirikare benshi mu bice byegereye u Rwanda ndetse n’intwaro zirimo iza rutura.

Minisitiri Nduhungirehe; yavuze ko ubwo hazamukaga uyu mwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi, habaye ibiganiro byahuje abo mu nzego z’umutekano.

Ati “Ku Burundi, inama yabaye muri iyi weekend [impera z’icyumweru gishize] hagati y’inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, yari igamije kuganira ku mwuka wari wazamutse, kandi twizeye ko izi nama nizikomeza tuzizeyeho inzira yo gusohoka muri ibyo bibazo, ndetse n’ibibazo by’akarere ndetse no gukurikiza amasezerano y’amahoro.”

Imyaka igiye kuba ibiri u Burundi bwongeye gufunga imipaka yo ku butaka ibuhuza n’u Rwanda, aho kuva muri Mutarama 2024 Leta ya kiriya Gihugu yafashe icyo cyemezo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko u Rwanda n’u Burundi bisanzwe bihurira mu biganiro, ariko ko kugeza ubu ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi bikiri uko byari bimeze.

RADIOTV10

Comments 1

  1. N. Elias says:
    1 minute ago

    Hello,
    Ngewe ubwanga ndabashimira nivuye inyuma kubw’ amakuru mutugezaho umunsi ku munsi.
    Ikindi Kandi ndashima ingabo z’ u Rwanda RDF kubw’ umutekano dufite nizo tuwukesha.

    So, intambara ntiyubaka irasenya
    Niyo mpamvu ntawakwishimira ko umwuka mubi ukomeza gututumba hagati yacu, nkabanyarwana ndetse nabarundi.
    Mureke twitege ko ibi biganiro bizagira umusaruro uhagije.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Related Posts

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.