Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ababyeyi babiri bari bafungiwe kuri sitasiyo ya Nkanka mu mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, basabye uruhushya abapolisi rwo kuvuza umwana w’amezi 3 wari wahafatiwe n’uburwayi ariko bakarubima, ahubwo bakavuga ko n’iyo yapfa ntacyo Igihugu cyaba gihombye, Polisi y’u Rwanda iravuga ko igiye kubikoraho iperereza.

Aya magambo atarashimishije ababyeyi byabaye mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kamena 2024 ubwo Nyirahabimana Claudine na Umumararungu Adorata bari bafunzwe bakekwaho kwiba ibase mu gihe umwe muri bo yavugaga ko ari iye.

Ubwo byari bigeze mu gicuku umwana wa Nyirahabimana ufite amezi atatu yararembye, basaba uburenganzira bwo kuba yavurwa ariko Abapolisi bababwira ko aha nta mpuhwe z’abana zihaba.

Nyirahabimana yagize ati “Umwana yaradiyaye cyane bishoboka, ndavuga nti ‘reka bucye nsabe uburenganzira njye kumuvuza’, umupolisi witwa Louise twarabimubwiye aravuga ati ‘nta mpuhwe tugira hano’ turaceceka twigira inama yo gushaka undi tubibwira, tubibwiye undi mupolisi witwa Placide na we aratubwira ngo ‘nta mpuhwe tugira kuko umwana umwe apfuye atari igihugu cyose cyaba gipfuye.”

Kubwirwa gutyo nyamara umwana w’uruhinja amerewe nabi, byababaje aba bari bafunganywe na we ndetse bo bakavuga ko uyu mupolisi wavuze gutyo yaba yaribeshye kuko umwana ashobora kuzaba umuntu ukomeye.

Umumararungu ati “Ibyo bintu byaratubabaje cyane. Umwana w’amezi atatu arapfa iki nawe? Kuki Igihugu kitaba gihombye, ejo ntabwo yaba ari umupolisi cyangwa akaba umusirikari n’ibindi n’ibindi?”

Uretse kwimwa uburenganzira bwo kuvuza urwo ruhinja, aba babyeyi bavuga ko banangiwe kwakira ingemu y’igikoma cyari kizaniwe uwo mubyeyi kugira ngo abone amashereka yo konsa uwo mwana.

Ibi bituma hari abaturage basanga mu gihe umugore ufite umwana muto hari ibyo akurikiranyweho bituma afunganwa n’umwana, bidakwiye ko umwana yimwa uburenganzira kuko we ntacyo aba abazwa.

Nyirahagenimana ati “Nyine umuntu ufite umwana yakagombye kuba yabona uburenganzira, akaba yabona uburyo akarabya umwana, akaba yabona uburyo bwo kumuvuza mu gihe arwaye, byaba binashoboka bakamwemerera kugemurirwa.”

Akimara kumva amajwi y’aba baturage bagaruka ku mazina y’abapolisi babiri bavugwaho iyo myitwarire, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yabwiye RADIOTV10 ko hagiye gukorwaho iperereza kugira ngo bamenye ukuri kwabyo.

Ati “Turabanza kumenya niba koko byarabaye. Bibaye ari byo abo bapolisi bashobora guhanwa. Tugiye kubikurikirana.”

Icyakora nubwo bagaya imyitwarire y’abo bapolisi babiri, aba babyeyi bari bafungiye kuri iriya Sitasiyo, ku bashimira undi mupolisi witwa Rugamba ngo wabahumurije.

Aba babyeyi kandi baje kujyanwa mu kigo kinyurwamo by’igihe gito (transit center) aho uwo mwana yaboneye ubuvuzi, ariko nyuma y’iminsi micye baza kurekurwa nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’Umurenga wa Gihundwe bwari bumaze kubona ko barenganyijwe.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye umukwe n’umugeni mu Rwanda bagaragara mu buryo butunguranye bagiye gusezerana

Next Post

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.