Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye Ibihugu bihuriye mu Mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba- EASF (East Africa Standby Force), bahuriye mu nama iri kubera mu Rwanda igamije kurebera hamwe uko ibi Ibihugu byiteguye guhangana n’ibibazo bishobora kwaduka nk’ibiza.

Iyi nama y’Iminsi ine, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igamije kandi kurebera hamwe uburyo hatezwa imbere imikoranire hagati y’Ibihugu binyamuryango, ndetse no gusangizanya ubunararibonye mu buryo Ibihugu bihora byiteguye guhangana n’ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko intego nyamukuru y’ibi biganiro, ari uguhuza ingamba hagati y’Ibihugu binyamuryango uburyo byarushaho guhangana n’ibiza ndetse n’ibyorezo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imirongo y’Umuryango HANDS (Humanitarian Action and Natural Disasters) ugamije guhangana n’ibiza kamere.

Uwari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF mu gutangiza ibi biganiro, Col Claudien Bizimungu usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umutwe w’Ingabo zishinzwe Ubwubatsi, yavuze ko inama nk’iyi yitezwemo guha imbaraga imikoranire ndetse no gusangira ibitekerezo mu guhangana n’ibiza.

Yasabye abitabiriye ibi biganiro gusasa inzobe, bakagirana ibiganiro bifunguye, ndetse bakanagararizanya udushya twafasha Ibihugu kujya bibasha kwitwara neza mu gihe habayeho ibyo bibazo, kuko ari byo bizatuma Afurika y’Iburasirazuba irushaho kubaho itekanye.

Umuyobozi Mukuru w’Ubunyamabanga bwa EASF (Eastern Africa Standby Force), Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yagarutse kuri bimwe mu bibazo biza bikabera umutwaro Guverinoma z’Ibihugu binyamuryango ndetse n’uyu muryango ubwawo, aboneraho kubisaha kurushaho gukorera hamwe mu gutuma ababituye babaho batekanye.

Yavuze ko uyu mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye, ufite ubushake bwo gukorana bya hafi n’Ibihugu by’ibinyamuryango, ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kimwe n’abandi bafatanyabikorwa, mu gushakira umuti ibibazo byose byakwaduka.

Iyi nama irarebera hamwe uko Ibihugu byarushaho kwagura imikoranire
Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yavuze ko Ibihugu bikwiye gukora ibishoboka kugira ngo ababituye babeho batekanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + twelve =

Previous Post

Rwamagana: Nyuma y’uko ikirombe gihitanye abaturage hari abahise bagitangaho andi makuru

Next Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Related Posts

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

IZIHERUKA

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind
IMIBEREHO MYIZA

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.