Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye Ibihugu bihuriye mu Mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba- EASF (East Africa Standby Force), bahuriye mu nama iri kubera mu Rwanda igamije kurebera hamwe uko ibi Ibihugu byiteguye guhangana n’ibibazo bishobora kwaduka nk’ibiza.

Iyi nama y’Iminsi ine, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igamije kandi kurebera hamwe uburyo hatezwa imbere imikoranire hagati y’Ibihugu binyamuryango, ndetse no gusangizanya ubunararibonye mu buryo Ibihugu bihora byiteguye guhangana n’ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko intego nyamukuru y’ibi biganiro, ari uguhuza ingamba hagati y’Ibihugu binyamuryango uburyo byarushaho guhangana n’ibiza ndetse n’ibyorezo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imirongo y’Umuryango HANDS (Humanitarian Action and Natural Disasters) ugamije guhangana n’ibiza kamere.

Uwari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF mu gutangiza ibi biganiro, Col Claudien Bizimungu usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umutwe w’Ingabo zishinzwe Ubwubatsi, yavuze ko inama nk’iyi yitezwemo guha imbaraga imikoranire ndetse no gusangira ibitekerezo mu guhangana n’ibiza.

Yasabye abitabiriye ibi biganiro gusasa inzobe, bakagirana ibiganiro bifunguye, ndetse bakanagararizanya udushya twafasha Ibihugu kujya bibasha kwitwara neza mu gihe habayeho ibyo bibazo, kuko ari byo bizatuma Afurika y’Iburasirazuba irushaho kubaho itekanye.

Umuyobozi Mukuru w’Ubunyamabanga bwa EASF (Eastern Africa Standby Force), Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yagarutse kuri bimwe mu bibazo biza bikabera umutwaro Guverinoma z’Ibihugu binyamuryango ndetse n’uyu muryango ubwawo, aboneraho kubisaha kurushaho gukorera hamwe mu gutuma ababituye babaho batekanye.

Yavuze ko uyu mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye, ufite ubushake bwo gukorana bya hafi n’Ibihugu by’ibinyamuryango, ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kimwe n’abandi bafatanyabikorwa, mu gushakira umuti ibibazo byose byakwaduka.

Iyi nama irarebera hamwe uko Ibihugu byarushaho kwagura imikoranire
Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yavuze ko Ibihugu bikwiye gukora ibishoboka kugira ngo ababituye babeho batekanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Rwamagana: Nyuma y’uko ikirombe gihitanye abaturage hari abahise bagitangaho andi makuru

Next Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.