Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye Ibihugu bihuriye mu Mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba- EASF (East Africa Standby Force), bahuriye mu nama iri kubera mu Rwanda igamije kurebera hamwe uko ibi Ibihugu byiteguye guhangana n’ibibazo bishobora kwaduka nk’ibiza.

Iyi nama y’Iminsi ine, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igamije kandi kurebera hamwe uburyo hatezwa imbere imikoranire hagati y’Ibihugu binyamuryango, ndetse no gusangizanya ubunararibonye mu buryo Ibihugu bihora byiteguye guhangana n’ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buvuga ko intego nyamukuru y’ibi biganiro, ari uguhuza ingamba hagati y’Ibihugu binyamuryango uburyo byarushaho guhangana n’ibiza ndetse n’ibyorezo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imirongo y’Umuryango HANDS (Humanitarian Action and Natural Disasters) ugamije guhangana n’ibiza kamere.

Uwari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF mu gutangiza ibi biganiro, Col Claudien Bizimungu usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umutwe w’Ingabo zishinzwe Ubwubatsi, yavuze ko inama nk’iyi yitezwemo guha imbaraga imikoranire ndetse no gusangira ibitekerezo mu guhangana n’ibiza.

Yasabye abitabiriye ibi biganiro gusasa inzobe, bakagirana ibiganiro bifunguye, ndetse bakanagararizanya udushya twafasha Ibihugu kujya bibasha kwitwara neza mu gihe habayeho ibyo bibazo, kuko ari byo bizatuma Afurika y’Iburasirazuba irushaho kubaho itekanye.

Umuyobozi Mukuru w’Ubunyamabanga bwa EASF (Eastern Africa Standby Force), Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yagarutse kuri bimwe mu bibazo biza bikabera umutwaro Guverinoma z’Ibihugu binyamuryango ndetse n’uyu muryango ubwawo, aboneraho kubisaha kurushaho gukorera hamwe mu gutuma ababituye babaho batekanye.

Yavuze ko uyu mutwe w’Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye, ufite ubushake bwo gukorana bya hafi n’Ibihugu by’ibinyamuryango, ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kimwe n’abandi bafatanyabikorwa, mu gushakira umuti ibibazo byose byakwaduka.

Iyi nama irarebera hamwe uko Ibihugu byarushaho kwagura imikoranire
Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria NJEMA yavuze ko Ibihugu bikwiye gukora ibishoboka kugira ngo ababituye babeho batekanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Rwamagana: Nyuma y’uko ikirombe gihitanye abaturage hari abahise bagitangaho andi makuru

Next Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.