Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari kimwe mu by’ingenzi byazana umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, kandi ko bizaganirwaho i Doha.

Sarah Troutman yatangaje ibi kuri wa Kane, tariki ya 22 Mutarama, ubwo yitabaga Komite Nshingamategeko y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika mu nama yiswe “Guteza imbere amahoro muri Congo no mu Rwanda binyuze mu masezerano ya Perezida Trump ya Washington.”

Troutman yavuze ko kwinjiza abarwanyi ba AFC/M23 mu ngabo za Congo bizaganirwaho mu biganiro by’amahoro biri hagati ya Leta y’iki Gihugu n’Ihuriro AFC/M23 i Doha, muri Qatar.

Umutwe wa AFC/M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje gufata intwaro bakarwanya leta mu myaka myinshi ishize, bavuga ku bibazo bijyanye n’ubuyobozi, birimo urugomo rushingiye ku moko, ivanguramoko rya politiki n’imibereho myiza.

Ibi bibazo byagize ingaruka cyane ku miryango y’Abatutsi b’Abanyekongo, bakorewe ibikorwa bishingiye ku ngengabitekerezo y’amoko iyobowe na FDLR igizwe n’abasigaye bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Troutman yagize ati “Icyo ni ikintu cy’ingenzi mu biganiro by’i Doha kandi kizaganirwaho mu biganiro birambuye.”

Yakomeje agira ati “Twashyigikiye cyane imbaraga za Qatar zo gutumiza ibyo biganiro, kandi America izakomeza gutanga inkunga ya tekiniki mu gihe tuzaba dukomeje iyo mishyikirano.”

Yavugaga ku biganiro by’amahoro biyobowe na Leta ya Qatar, yatangijwe muri Mata 2025 kugira ngo byunganire amasezerano n’ibiganiro by’Washington hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byibanda ku gukemura ibibazo by’umutekano bimaze igihe kirekire hagati y’Ibihugu byombi.

Umudepite Ronny Jackson yavuze ko kurangiza amakimbirane byagorana niba nta gahunda isobanutse kandi ihamye yo kongera guhuza abarwanyi.

Jackson yagize ati “Sintekereza ko (AFC/M23) bazashyira intwaro zabo hasi bugacyaha batangira guhinga. Hagomba kubaho imbaraga zihuriweho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zo gufata Abakongomani ba M23 no kubashyira mu buryo bwagutse bwo kurinda Igihugu, byaba ari ukubaha kuba mu gisirikare ahantu runaka…Nawe ugomba kugira gahunda yabyo.”

Ibiganiro bya Doha bigamije gusasa inzobe hagati ya Guverinoma ya Congo na AFC/M23, hagamijwe gushaka mu mizi umuti w’ibibazo by’amakimbirane no gushyiraho umurongo urambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Next Post

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk'utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.