Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15 zaciwe binyuze mu nzira y’ubuhuza (mediation) n’iy’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025, mu muhango wo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026.

Yavuze ko raporo y’ibikorwa by’urwego rw’Ubucamanza y’umwaka wa 2024-2025, igaragaza ko muri uwo mwaka Inkiko zaregewe imanza 106 254.

Ati “Ziyongera ku manza 76 273 zari zarasigaye mu Nkiko ku isozwa ry’umwaka w’ubucamanza wa 2023-2024. Ibi bisobanuye ko umwaka dusoje, Inkiko zari zifite imanza zo kuburanisha 182 527.”

Akomeza agira ati “Nejejwe no gutangaza ko muri izo manza zose, Inkiko zaciye imanza 109 192, zirimo imanza mu mizi 92 880 zingana na 85% n’imanza ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo 16 312 zingana na 15%.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko nanone igishimishije cyagezweho muri uriya mwaka w’Ubucamanza, Abacamanza, Abanditsi b’Inkiko, Abashinjacyaha n’ababuranyi bateye intambwe ishimishije mu buryo bushya bwo guca imanza bitagombye kujyanwa mu Nkiko, ahifashishwa uburyo bw’Ubuhuza (mediation) n’ubw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Ati “Muri uru rwego, imanza 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza. Naho imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.”

Ibi bivuze ko imanza zose zakemuwe binyuze muri ubu buryo bwombi; ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zabaye 15 012.

Ati “Iyo hateranyijwe imanza zaburanishijwe mu mizi, izaburanishijwe ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo n’izakemukiye mu buhuza no mu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zose hamwe ziba imanza 124 204.”

Mukantaganzwa avuga ko nubwo urwego rw’Ubucamanza rwakoze ibishoboka ngo ruce umubare munini w’imanza muri uriya mwaka wa 2024-2025, ariko wasize hari imanza 58 323 zitaburanishijwe, zirimo 26 862 zabaye ibirarane.

Yavuze ko uyu mubare w’imanza zisigara ari ibirarane, uterwa n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko n’Abanyarwanda mu rusange bacyumva ko ibibazo byabo byose bigomba gucyemukira mu Nkiko, aho kwisunga inzira z’ubwumvikane, ndetse bamwe ntibananyurwe n’ibyemezo by’Inkiko bagakomeza kujuririra ibyemezo byazo.

Ati “Bituma ababuranyi biyemeza kuburana urwa ndanze bakarangiza intera zose z’iburanisha.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yizeje ko muri uyu mwa w’Ubucamanza utangiye, Urwego rw’Ubucamanza ruzakomeza gushyira imbaraga mu gushishikariza abantu kugana inzira z’ubwumvikane mu gucyemura ibibazo baba bumva ko bakwiye kujyana mu Nkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + four =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

Next Post

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Related Posts

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

by radiotv10
01/09/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka...

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

by radiotv10
01/09/2025
0

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri, bavuga ko hashize myaka ibiri batanze Miliyoni 17 Frw nk’umugabane mu mushinga wo...

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

by radiotv10
01/09/2025
0

President Paul Kagame has arrived in Dakar, Senegal, where he is attending the Africa Food Systems Forum, a summit focused...

IZIHERUKA

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

01/09/2025
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

01/09/2025
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

01/09/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

01/09/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

01/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.