Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

radiotv10by radiotv10
23/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, WMO; ryatangaje ko umwaka wa 2023 ari wo wagaragayemo ubushyuhe bwinshi ugereranyije n’uko byari biteganyijwe, ndetse ritangaza ko uyu wa 2024 ushoboza kuzaba undi mwaka w’ubushyuhe bukabije.

Byatangajwe muri raporo yasohotse ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 19 Werurwe 2024, yanatanze umuburo ko Isi ikwiye kugira icyo ikora, bitaba ibyo uyu mwaka wa 2024 na wo ukazaba undi mwaka uzarangwa n’ubushyuhe bwinshi.

Iyi raporo ya WMO, ivuga kandi ko uyu mwaka ushobora kuzarangwa n’amapfa, ndetse n’inkongi zishobora kuzibasira amashyamba, imyuzure n’imiyaga iri ku muvuduko uremereye, kubera ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi raporo yashyizwe hanze mu gihe Impuguke n’Abayobozi mu za Guverinoma zitandukanye, ku wa Kabiri no kuri uyu wa Gatanu, zateraniye i Copenhagen, kugira ngo barebere hamwe icyakorwa mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko kongera imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’ubushyuhe bukabije.

Iyi raporo igira iti “Hagomba gutekerezwa cyane ku bwoko butatu bw’imyuka, ari yo carbon dioxide, methane, na nitrous oxide, yagize igipimo cyo hejuru. Ubushyuhe bwo mu nyanja bwageze ku kigero cyo hejuru kurusha ikindi gihe mu myaka 65 ishize.”

Iki Kigo kivuga ko imihindagurikiye y’ibihe ikomeje guteza akaga gakomeye, by’umwihariko mu kuzamura ubushyuhe ku Isi, ku buryo kugera ku ntego zari ziyemejwe bikomeje kuba ingorabahizi,

Mu butumwa busa n’umuburo, Umunyamabanga Mukuru wa WMO, Celeste Saulo yagize ati “Ntitwigeze tubaho mu bihe nk’ibyo turimo, bigaragara ko tukiri inyuma kuri dogere 1.5C y’ibiteganywa n’amasezerano y’i Paris ku mihindagurikiye y’ibihe.”

Ubushyuhe bwo mu nyanja, bwikubye kabiri mu myaka icumi ishize hagati ya 2014 na 2023, kuva mu kinyacumi cya mbere hatangira gukorwa igenzura hagati ya 1993-2002.

Saulo yakomeje agira ati “Ibihe bidasanzwe bikomeje guteza ingaruka zikomeye ku mibereho n’ubukungu. Ubushyuhe bukabije bwamaze kugira ingaruka mu bice byinshi by’Isi. Umwuka ushyushye, imyuzure, amapfa, inkongi z’umuriro ndetse n’imiyaga ifite imbaraga ikomeje kuba kuri buri Mugabane, kandi bigateza ibihombo byinshi ku mibereho no ku bukungu.”

Yavuze ko ibi byose kandi bisiga abaturage benshi mu kangaratete, agasaba Ibihugu binyamuryango bya WMO, kwagura ibikorwa bigamije kuburira ababituye kugira ngo izi ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe zidakomeza guhitana benshi.

Mu gihe cy’amezi 12, kuva muri Werurwe 2023 kugeza muri Gashyantare 2024, ubushyuhe bwiyongereyeho dogere 1,5 ku gipimo cyari gisanzwe nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Abanyaburayi gishinzwe serivisi z’imihindagurikire y’ibihe.

Inama izahuza Abaminisitiri yabereye muri Denmark yiswe ‘Copenhagen Climate Ministerial’, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe kugeza kuri Gatanu tariki 22 Werurwe, yanitabiriye kandi n’abayobozi b’ibigo bishinzwe ubumenyi bw’ikirere, yarebeye hamwe uburyo hakwihutishwa intego zihawe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya

Next Post

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.