Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

radiotv10by radiotv10
23/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, WMO; ryatangaje ko umwaka wa 2023 ari wo wagaragayemo ubushyuhe bwinshi ugereranyije n’uko byari biteganyijwe, ndetse ritangaza ko uyu wa 2024 ushoboza kuzaba undi mwaka w’ubushyuhe bukabije.

Byatangajwe muri raporo yasohotse ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 19 Werurwe 2024, yanatanze umuburo ko Isi ikwiye kugira icyo ikora, bitaba ibyo uyu mwaka wa 2024 na wo ukazaba undi mwaka uzarangwa n’ubushyuhe bwinshi.

Iyi raporo ya WMO, ivuga kandi ko uyu mwaka ushobora kuzarangwa n’amapfa, ndetse n’inkongi zishobora kuzibasira amashyamba, imyuzure n’imiyaga iri ku muvuduko uremereye, kubera ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi raporo yashyizwe hanze mu gihe Impuguke n’Abayobozi mu za Guverinoma zitandukanye, ku wa Kabiri no kuri uyu wa Gatanu, zateraniye i Copenhagen, kugira ngo barebere hamwe icyakorwa mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko kongera imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’ubushyuhe bukabije.

Iyi raporo igira iti “Hagomba gutekerezwa cyane ku bwoko butatu bw’imyuka, ari yo carbon dioxide, methane, na nitrous oxide, yagize igipimo cyo hejuru. Ubushyuhe bwo mu nyanja bwageze ku kigero cyo hejuru kurusha ikindi gihe mu myaka 65 ishize.”

Iki Kigo kivuga ko imihindagurikiye y’ibihe ikomeje guteza akaga gakomeye, by’umwihariko mu kuzamura ubushyuhe ku Isi, ku buryo kugera ku ntego zari ziyemejwe bikomeje kuba ingorabahizi,

Mu butumwa busa n’umuburo, Umunyamabanga Mukuru wa WMO, Celeste Saulo yagize ati “Ntitwigeze tubaho mu bihe nk’ibyo turimo, bigaragara ko tukiri inyuma kuri dogere 1.5C y’ibiteganywa n’amasezerano y’i Paris ku mihindagurikiye y’ibihe.”

Ubushyuhe bwo mu nyanja, bwikubye kabiri mu myaka icumi ishize hagati ya 2014 na 2023, kuva mu kinyacumi cya mbere hatangira gukorwa igenzura hagati ya 1993-2002.

Saulo yakomeje agira ati “Ibihe bidasanzwe bikomeje guteza ingaruka zikomeye ku mibereho n’ubukungu. Ubushyuhe bukabije bwamaze kugira ingaruka mu bice byinshi by’Isi. Umwuka ushyushye, imyuzure, amapfa, inkongi z’umuriro ndetse n’imiyaga ifite imbaraga ikomeje kuba kuri buri Mugabane, kandi bigateza ibihombo byinshi ku mibereho no ku bukungu.”

Yavuze ko ibi byose kandi bisiga abaturage benshi mu kangaratete, agasaba Ibihugu binyamuryango bya WMO, kwagura ibikorwa bigamije kuburira ababituye kugira ngo izi ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe zidakomeza guhitana benshi.

Mu gihe cy’amezi 12, kuva muri Werurwe 2023 kugeza muri Gashyantare 2024, ubushyuhe bwiyongereyeho dogere 1,5 ku gipimo cyari gisanzwe nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Abanyaburayi gishinzwe serivisi z’imihindagurikire y’ibihe.

Inama izahuza Abaminisitiri yabereye muri Denmark yiswe ‘Copenhagen Climate Ministerial’, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe kugeza kuri Gatanu tariki 22 Werurwe, yanitabiriye kandi n’abayobozi b’ibigo bishinzwe ubumenyi bw’ikirere, yarebeye hamwe uburyo hakwihutishwa intego zihawe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + two =

Previous Post

Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya

Next Post

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.