Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa bibi bihonyora uburenganzira bwabo birimo n’ibihitana bamwe muri bo.

Uyu muryango uvuga ko aba Barundi baba mu Bihugu nka Zambia, Malawi, Tanzania, Arabie Saoudite, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abatabu ndetse na Koweït, bakorerwa ibikorwa birimo, nko kubica, ifungwa rya hato na hato rinyuranyije n’amategeko, ndetse n’iyicarubozo.

Vianney Ndayisaba, Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango ALUCHOTO, yavuze ko bahangayikishijwe cyane n’ibiriho bikorerwa Abarundi baba muri biriya Bihugu, kandi ko kubirwanya bigomba gushingira ku kuzanira Abarundi bari imbere mu Gihugu imibereho myiza ndetse n’umutekano urambye, nka bimwe mu bituma bava mu Gihugu cyabo.

Raporo y’uyu Muryango, igaragaza ko Abarundi benshi biganjemo urubyiruko, bava mu Gihugu cyabo bakajya kuba mu Mirwa Mikuru y’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Mugabane wa Afurika no mu Bihugu by’Abarabu gushakishirizayo imibereho.

Hari n’abandi Barundi baba bashaka kwerecyeza ku Mugabane w’u Burayi, banyuze muri Libya mu inzira iteye inkeke ku buzima, kuko baba bafite ibyago byinshi byo kuyisigamo ubuzima.

Uyu muryango uvuga ko abana bari hagati y’imyaka umunani na 14 bajya gukora imirimo ivunanye mu Bihugu nka Kenya na Tanzania.

Nk’abajya mu Bihugu by’Abarabu, uyu muryango uvuga ko nubwo Ubuyobozi bw’u Burundi bwashyizeho ingamba z’imikoranire mu guhagarika ibikorwa bibangamira uburenganzira bwabo, bitabuza ko hari benshi bagihohoterwa.

ALUCHOTO ivuga ko Abarundi 13 biciwe muri Zambiza, mu gihe abandi 169 batawe muri yombi binyuranyije n’amategeko, naho abagera kuri 19 bakaba barakorewe iyicarubozo. Ni ibikorwa byakozwe n’inzego z’umutekano za Zambia, urubyiruko rwo muri kiriya Gihugu ndetse n’abakora mu nzego z’iperereza.

Naho muri Malawi, Abarundi 10 barimo abacuruzi n’Abamotari, biciweyo mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’uyu Muryango.

Ni mu gihe mu Gihugu cya Tanzania, habarwa Abarundi 212 bafunzwe binyuranyije n’amategeko, abandi icyenda bakorerwa iyicarubozo, abandi 42 bakorerwa ibikorwa by’ubugombe, ibibatesha agaciro, byumwohariko bakorewe ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Burundi.

Abana b’Abarundi ngo bajya bafatirwa muri Tanzania bagahohoterwa
Inzego z’umutekano muri Malawi na zo ngo zibangamira Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Next Post

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.