Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe itegeko ryihutirwa ku ntambara yerecyejweho amaso n’Isi yose

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatanzwe itegeko ryihutirwa ku ntambara yerecyejweho amaso n’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yategetse ko intambara ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas, ihagarara vuba na bwangu, kandi abantu bafashwe bugwate n’uyu mutwe bakarekurwa byihuse nta yandi mananiza.

António Guterres yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, mu nama yiswe Belt and Road Initiative yabereye i Beijing mu Bushinwa yiga kuri gahunda yo gufasha Ibihugu kugerwaho n’ibikorwa remezo.

Uyu Munyamabanga Mukuru wa LONI, mu ijambo rye, yavuze ko mbere yo kwerecyeza i Beijing muri iyi nama, yabanje gutanga umuburo ku butabazi bubiri.

Yagize ati “Kuri Hamas, bagomba kurekura vuba na bwangu abafashwe bugwate nta mananiza abayeho.”

Akomeza agira ati “Kuri Israel, igomba kureka hakabaho ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo abantu bari muri Gaza babashe kubona iby’ibanze, kandi ikibabaje ni uko abenshi muri bo ari abagore n’abana.”

António Guterres yakomeje avuga ko ababajwe bikomeye n’akaga kakomeje kuba ku baturage ba Palesitine mu myaka 56 ishize.

Ati “Ariko nubwo bagize urwo ruhuri rw’ibibazo, ntibakwiye kubyitwaza ngo bakore ibikorwa by’iterabwoba byibasira abasivile byakozwe na Hamas ku ya 07 Ukwakira, ari na byo namagana nivuye inyuma.”

Yavuze ko ariko nanone ibyo bitero bitagomba guhita bibera umutwaro Abanya-Palestine ngo bitume bashyirirwaho ibihano.

António Guterres kandi yagarutse ku gitero cy’indege cyabaye kuri uyu wa Gatatu cyagabwe ku bitaro bya Al Ahli hospital muri Gaza, cyahitanye abarenga 500, avuga ko acyamaganye.

Ati “Ndahagamarira byihuse guhagarika imirwano, kugira ngo haboneke umwanya uhagije wo kubahiriza ubusabe bwanjye bubiri no koroshya ibikorwa by’ubutabazi ku bari kugirira akaga muri iyi ntambara.”

Iyi ntambara igiye kuzuza ibyumweru bibiri itangiye, imaze kugwamo abantu bakabaka ibihumbi bitatu (3 000) ku mpande zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 18 =

Previous Post

Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Next Post

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.