Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe umucyo ku byavuzwe ko abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi baheruka gufata

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryavanye abarwanyi baryo mu Mujyi wa Walikare no mu bice biwukikije mu rwego rwo gushyigikira inzira z’ibiganiro, ariko rivuga ko igihe cyose FARDC n’abayifasha bahirahira babangamira abaturage bo muri uyu mujyi, ritazarebera.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho hari hiriwe amakuru avuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kuva muri uyu Mujyi wa Walikare.

Bivugwa ko abarwanyi ba M23 bavuye muri Walikare mu byiciro bibiri, aho icya mbere cyahavuye ku mugoroba wa hirya y’ejo, ku wa Gatatu tariki 02 mu gihe abandi bahavuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryacyeye, yavuze ko “mu rwego rwo gushyira mu bikorwa agahenge katangajwe tariki 22 Gashyantare 2025 no gushyigikira inzira z’amahoro zigamije ibiganiro bya politiki mu gushaka igisubizo cy’umuzi w’ibibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, AFC/M23 yafashe icyemezo cyo gukura abasirikare bayo mu Mujyi wa Walikare no mu bice bihakikije.”

AFC/M23 ikomeza ihamagarira abaturage bo muri uyu Mujyi wa Walikare ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze babo, gushyiraho ingamba zigamije kurindira umutekano abasivile babo ndetse n’ibyabo.

Iri Huriro kandi rivuga ko rigikomeje gutsimbarara ku murongo waryo ko hashakwa umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro, kandi ko rigihagaze ku ntego zaryo zo kurinda abasivile byumwihariko abo mu bice rigenzura.

Rigasoza rivuga ko mu gihe “habaho ubushotoranyi cyangwa ibindi bitero by’ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa byibasira abasivile yaba abo mu bice byabohowe cyangwa biri mu byo tugenzura, tuzabasubiza byihuse tutitaye kuri iki cyemezo.”

Ihuriro AFC/M23 ryafashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Walikare nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Doha muri Qatar, aho iri huriro ryavuze ko ryakurikije inama ryagiriwe n’Abakuru b’Ibihugu kandi rigasanga ari nziza.

Abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi wa Walikare habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo habe ibiganiro bya mbere bigiye guhuza iri Huriro AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Next Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

INKURU Y'AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.