Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki

radiotv10by radiotv10
17/01/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye impamvu hasenywe zimwe mu nyubako zari ziri kubakwa ahazwi nko kuri ‘Nyungwe House’ mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, hahoze ari ishoramari rya Hon Bamporiki Edouard, ariko bikaba bivugwa ko haguzwe n’undi muntu.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, ku mbuga nkoranyambaga, hacicikanye amakuru avuga ko inyubako zo kwa Bamporiki zasenywe ngo kandi zari zujuje ibisabwa.

Ni amakuru yazamuwe n’umunyamakuru Mike Karangwa washyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza zimwe mu nzu z’aha hazwi nko kuri ‘Nyungwe Garden’ zasenywe.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Mike Karangwa yagize ati “Breaking News (Amakuru mashya): zimwe mu nyubako za Hotel Nyungwe za Bwana Bamporiki ziri gusenywa mu Busanza.”

Izi nyubako ziherereye mu Mudugudu wa Radari mu Kagari ka Busanza, bivugwa zitakiri iza Bamporiki Edouard, ahubwo ko zaguzwe n’umuntu uba mu mahanga ariko akaba atarakorewe ihererekanyamutungo, ahubwo ubu zikaba zihagarariwe na Mike Karangwa.

Bivugwa kandi ko uyu Mike Karangwa yasabye uruhushya rwo kuba izi nyubako zahoze zikora nka Hoteli zahindurwamo ibitaro, ku buryo yakongeramo izindi nzu, ariko akaba yaratangiye kubikora atarahabwa uburenganzira.

Inzu zasenywe ni izubatswe nta ruhushya

Umujyi wa Kigali wabitanzeho umucyo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busubiza aya makuru yatangajwe na Mike Karangwa kuri X, bwavuze ko izi nyubako zasenywe kuko zubatswe hadatanzwe uruhushya.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize buti “Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza, Umudugudu wa Radari, hakuweho inyubako z’ahitwa kuri Nyungwe House zubatswe nta ruhushya ndetse hejuru y’ibyobo by’amazi (Septic tank/Fausse septique) izindi bazubaka ku ruzitiro (fence), ibintu bishobora guteza impanuka.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaboneyeho “kwibutsa abantu bose ko kubaka hadasabwe uruhushya binyuranye n’ibiteganywa n’amategeko agenga imyubakire, cyane cyane Iteka rya Minisitiri N°03/cab.m/019 ryo ku wa 15/04/2019 rishyiraho amabwiriza ajyanye n’imitunganyirize y’imijyi n’imyubakire.”

Iki cyemezo cyo gusenya izi nzu, cyaje gikurikira umuburo wahawe ba nyiri iri shoramari, waje ukurikira ubugenzuzi bwakozwe tariki 03 Mutarama 2024 bwari bwagaragaje ko ibyongewe muri izi nyubako, bitatangiwe uruhushya.

Nyuma y’ubwo bugenzuzi, ba nyiri izi nyubako basabwe guhagarika imirimo yo kubaka ndetse no gukuraho izari zubatswe nta ruhushya bitarenze iminsi itatu, ari na byo byakurikiwe n’iki cyemezo cyo kuzisenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Perezida Kagame n’Umunyamabanga wa America bongeye kuganira ku bya Congo

Next Post

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.