Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki

radiotv10by radiotv10
17/01/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye impamvu hasenywe zimwe mu nyubako zari ziri kubakwa ahazwi nko kuri ‘Nyungwe House’ mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, hahoze ari ishoramari rya Hon Bamporiki Edouard, ariko bikaba bivugwa ko haguzwe n’undi muntu.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, ku mbuga nkoranyambaga, hacicikanye amakuru avuga ko inyubako zo kwa Bamporiki zasenywe ngo kandi zari zujuje ibisabwa.

Ni amakuru yazamuwe n’umunyamakuru Mike Karangwa washyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza zimwe mu nzu z’aha hazwi nko kuri ‘Nyungwe Garden’ zasenywe.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Mike Karangwa yagize ati “Breaking News (Amakuru mashya): zimwe mu nyubako za Hotel Nyungwe za Bwana Bamporiki ziri gusenywa mu Busanza.”

Izi nyubako ziherereye mu Mudugudu wa Radari mu Kagari ka Busanza, bivugwa zitakiri iza Bamporiki Edouard, ahubwo ko zaguzwe n’umuntu uba mu mahanga ariko akaba atarakorewe ihererekanyamutungo, ahubwo ubu zikaba zihagarariwe na Mike Karangwa.

Bivugwa kandi ko uyu Mike Karangwa yasabye uruhushya rwo kuba izi nyubako zahoze zikora nka Hoteli zahindurwamo ibitaro, ku buryo yakongeramo izindi nzu, ariko akaba yaratangiye kubikora atarahabwa uburenganzira.

Inzu zasenywe ni izubatswe nta ruhushya

Umujyi wa Kigali wabitanzeho umucyo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busubiza aya makuru yatangajwe na Mike Karangwa kuri X, bwavuze ko izi nyubako zasenywe kuko zubatswe hadatanzwe uruhushya.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagize buti “Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza, Umudugudu wa Radari, hakuweho inyubako z’ahitwa kuri Nyungwe House zubatswe nta ruhushya ndetse hejuru y’ibyobo by’amazi (Septic tank/Fausse septique) izindi bazubaka ku ruzitiro (fence), ibintu bishobora guteza impanuka.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaboneyeho “kwibutsa abantu bose ko kubaka hadasabwe uruhushya binyuranye n’ibiteganywa n’amategeko agenga imyubakire, cyane cyane Iteka rya Minisitiri N°03/cab.m/019 ryo ku wa 15/04/2019 rishyiraho amabwiriza ajyanye n’imitunganyirize y’imijyi n’imyubakire.”

Iki cyemezo cyo gusenya izi nzu, cyaje gikurikira umuburo wahawe ba nyiri iri shoramari, waje ukurikira ubugenzuzi bwakozwe tariki 03 Mutarama 2024 bwari bwagaragaje ko ibyongewe muri izi nyubako, bitatangiwe uruhushya.

Nyuma y’ubwo bugenzuzi, ba nyiri izi nyubako basabwe guhagarika imirimo yo kubaka ndetse no gukuraho izari zubatswe nta ruhushya bitarenze iminsi itatu, ari na byo byakurikiwe n’iki cyemezo cyo kuzisenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − five =

Previous Post

Perezida Kagame n’Umunyamabanga wa America bongeye kuganira ku bya Congo

Next Post

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.