Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo Ubwato bukora nka Hoteli mu Rwanda bwagiriye mu Kiyaga

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubwato bwa ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’ bukora nka Hoteli, bwatanze umucyo ku kibazo bwagiriye mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke, buboneraho kwisegura ku ngaruka cyaba cyaragize ku bari baburimo.

Ni nyuma y’uko iki kibazo kimenyekanye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, mu gihe ikibazo nyirizina cyabaye ku wa Mbere tariki 29 Mata 2024, mu masaha ya mbere ya saa sita.

Nyuma y’uko amakuru agiye hanze y’iki kibazo ubu bwato bwagiriye mu Kiyaga rwagati mu gice giherereye mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, ubuyobozi bw’iyi Hoteli, bwasobanuye imiterere y’iki kibazo.

Mu itangazo ryagiye hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata, ubuyobozi bwa Mantis Kivu Queen uBuranga, bwavuze ko “Turemeza ko Mantis Kivu Queen uBuranga yariho igenda mu mazi, yasekuye ibuye ritari ryagaragaye mu Kiyaga cya Kivu ku wa 29 Mata 2024.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Ikibazo cyahise gikemurwa mu buryo bwihuse, kandi abashyitsi ndetse n’abakozi bahise batabarwa bakurwamo nk’uko biteganywa n’amabwiriza.”

Ubuyobozi bw’iyi Hoteli bukomeza buvuga ko umutekano n’ituze by’abakiliya bayo ndetse n’abakozi bayo; biza ku isonga, bityo ko buboneraho kwisegura ku ngaruka zaba zaratewe n’iki kibazo.

Bugakomeza buvuga ko “Itsinda ry’abatekinisiye bari mu bwato bwa Mantis Kivu Queen uBuranga kugira ngo risuzume uburyo ubu bwato bwangiritse ndetse banarebe ibikenewe gutunganywa.”

Ubuyobozi bwa Mantis Kivu Queen uBuranga bwizeje ko ibizava mu isuzuma riri gukorwa n’iri tsinda, bizatangazwa kandi bukizeza ko iyi hoteli izasubukura ibikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya anazamura abasirikare barimo batatu binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Next Post

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.