Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo Ubwato bukora nka Hoteli mu Rwanda bwagiriye mu Kiyaga

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubwato bwa ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’ bukora nka Hoteli, bwatanze umucyo ku kibazo bwagiriye mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke, buboneraho kwisegura ku ngaruka cyaba cyaragize ku bari baburimo.

Ni nyuma y’uko iki kibazo kimenyekanye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, mu gihe ikibazo nyirizina cyabaye ku wa Mbere tariki 29 Mata 2024, mu masaha ya mbere ya saa sita.

Nyuma y’uko amakuru agiye hanze y’iki kibazo ubu bwato bwagiriye mu Kiyaga rwagati mu gice giherereye mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, ubuyobozi bw’iyi Hoteli, bwasobanuye imiterere y’iki kibazo.

Mu itangazo ryagiye hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata, ubuyobozi bwa Mantis Kivu Queen uBuranga, bwavuze ko “Turemeza ko Mantis Kivu Queen uBuranga yariho igenda mu mazi, yasekuye ibuye ritari ryagaragaye mu Kiyaga cya Kivu ku wa 29 Mata 2024.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Ikibazo cyahise gikemurwa mu buryo bwihuse, kandi abashyitsi ndetse n’abakozi bahise batabarwa bakurwamo nk’uko biteganywa n’amabwiriza.”

Ubuyobozi bw’iyi Hoteli bukomeza buvuga ko umutekano n’ituze by’abakiliya bayo ndetse n’abakozi bayo; biza ku isonga, bityo ko buboneraho kwisegura ku ngaruka zaba zaratewe n’iki kibazo.

Bugakomeza buvuga ko “Itsinda ry’abatekinisiye bari mu bwato bwa Mantis Kivu Queen uBuranga kugira ngo risuzume uburyo ubu bwato bwangiritse ndetse banarebe ibikenewe gutunganywa.”

Ubuyobozi bwa Mantis Kivu Queen uBuranga bwizeje ko ibizava mu isuzuma riri gukorwa n’iri tsinda, bizatangazwa kandi bukizeza ko iyi hoteli izasubukura ibikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya anazamura abasirikare barimo batatu binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Next Post

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.