Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA
0
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ko ibibazo bikomeje gutuma interinete igenda buhoro, byatewe n’iyangirika ry’intsinda zinyura mu nyanja.

Kuva kuri iki Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, abakoresha internet bahuye n’ibibazo byo kuba igenda icikagurika, ndetse ikanyuzamo igahagarara.

Ni ikibazo kandi gihuriweho n’abo mu bindi Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nka Kenya, Uganda, Tanzania n’u Burundi.

Sosiyete y’Itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda, kuri iki Cyumweru, yari yagize icyo ivuga kuri iki kibazo, nyuma y’uko hari abari bakomeje kwijujutira uburyo internet yagendaga.

Mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, MTN Rwanda, yagize iyi “Bakiriya Bacu, turabamenyesha ko hari ikibazo cya tekiniki ku muyoboro wa interineti muri Afurika y’Iburasirazuba.”

MTN Rwanda, yagaragazaga ko intandaro y’iki kibazo atari iyi sosiyete, yari yavuze ko iri gukorana n’ababishinzwe kugira ngo iki kibazo gikemuke vuba, ndetse iboneraho kwisegura ku bakiliya bayo bahuye n’iki kibazo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bwa MTN Rwanda, bwongeye kumenyesha abakiliya bayo ko “ikibazo cya tekiniki ku muyoboro wa interineti muri Afurika y’Iburasirazuba kitaracyemuka. Turacyari kubikurikirana kugira ngo muhabwe serivisi za interineti nk’uko bisanzwe.”

Zimwe muri Sosiyete z’Itumanaho mu Bihugu byo mu karere, na zo ziseguye ku balikiya bazo ku bw’iki kibazo cya internet itari kugenda neza.

Amakuru atangwa n’inzobere, avuga ko iki kibazo cyatewe n’ibibazo byabaye ku migozi y’ikoranabuhanga rya Internet ica mu nyanja isanzwe ihuza iri koranabuhanga ryo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba ndetse n’iry’Isi yose.

Impuguke Ben Roberts yatangarije ikinyamakuru BBC ko iyi migozi inyura mu nyanja hasi, ica muri Afurika y’Epfo, ari yo yagize ibibazo byatumye Internet igenda buhoro.

Iyi nzobere isanzwe ikora mu Kigo cy’ikoranabuhanga cya vuga ko Liquid Intelligent Technologies, yatangaje ko umwe muri iyo migozi wacitse mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ucikira mu Bilometero 45 uvuye mu mujyi wa Durban muri Afurika y’Epfo.

Ni mu gihe hari abari batangiye gukeka ko ibi bibazo byaba bifitanye isano n’ubugizi bwa nabi, mu gihe Ben Roberts abihakana, akavuga ko uretse uyu mugozi wacitse, hari n’undi wagize ikibazo, ku buryo ari byo biri gutera ibibazo.

Gusa avuga ko nubwo iyi migozi yacitse, ariko hari ikiri mizima, ndetse ko ari na yo mpamvu internet itabuze burundu, kuko iri gucikagurika, ariko ikanyuzamo ikagenda.

 

RURA yabitanzeho umucyo

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwashyize hanze itangaro rivuga imiterere y’iki kibazo cya Internet ikomeje kugenda buhoro.

Mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Ubuyobozi bwa RURA bwagize buti “Turamenyesha abakoresha interinete ko intsinga zinyura mu nyanja zangiritse, bikaba byatumye interinete igira ikibazo.”

RURA ikomeza igira iti “Abakoresha interinete bari guhura n’ikibazo cyo kugenda buhoro k’umuvuduko wayo. Hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo interinete ibashe kongera gukora neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.