Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube, yasanganywe amashusho ageze kuri atanu, ndetse yashyizwe mu rubuga rwa WhatsApp yashinze rwitwa ‘Aba-Chou’.

Byagarutsweho mu iburanisha rya none ku wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025, ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ubwo abaregwa muri uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo bagarukaga imbere yarwo.

Djihad witabye Urukiko mu gitondo cya none, yaje yambaye umupira umupfutse no mu maso, aho imashini yawo ifungwa kugeza no mu isura, ndetse ubwo yururukaga imodoka ya RIB, akaba atabashaga kureba neza aho akandagira, ku buryo hari aho yageraga akenda kugwa.

Ni urubanza ruregwamo kandi Kwizera Nestor uzwi nka ‘Pappy Nesta’ na Ishimwe Francois Xavier bose bakurikiranyweho icyaga cyo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano.

Kuri Ishimwe Francois Xavier, Ubushinjacyaha bwavuze ko yakaga abantu amafaranga kugira ngo abahe ariya mashusho y’urukozasoni, aho bamwe yabishyuzaga 100 Frw abandi 200 Frw.

Naho kuri Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ubushinjacyaha bwavuze ko yasanganywe amashusho y’urukozasoni atanu y’uriya muhanzi Yampano.

Nanone Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyaha biregwa Djihad, bishingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya barimo Eric Semuhungu ndetse n’uwitwa Aaron Niyonagize, gusa ibyo batangaje ntibyavugiwe mu Rukiko uyu munsi.

Bwavuze kandi ko hari urubuga rwa WhatsApp ryitwa ‘Aba-Chou’ [imvugo ikunze gukoreshwa na Djihad] rwashinzwe n’uyu musore, rurimo abantu 989.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu butumwa bwatambutse muri uru rubuga, harimo ubwo Djihad yabwiraga abarubamo ko hari amashusho y’urukozasoni, ndetse ayo mashusho akaza no gushyirwa muri uru rubuga.

Mu ibazwa ry’uregwa, yahakanye ibyaha akurikiranyweho birimo ibi byo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano.

Uyu Djihad kandi akurikiranyweho ibindi byaha bishingiye ku birego yagiye aregwa n’abantu batandukanye mu bihe binyuranye, na bo bishingiye ku kubasebya.

Ku cyaha cyo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano kandi, kiregwa uwitwa Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K-John, na bo baherutse kugezwa imbere y’Urukiko basabirwa gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubushinjacyaha buvuga ko impamvu busabira aba bantu gufungwa by’agateganyo, ari ibimaze kugerwaho mu iperereza kimwe no kuba aba bose basanzwe bafite imbuga za WhatsApp babamo, kandi ko barekuwe bakomeza gusakaza ayo mashusho.

Aba bombi (Pazzo Man na K-John) bo baburanye mu cyumweru gishize, biteganyijwe ko basomerwa icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo kuri uyu wa Kane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Related Posts

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.