Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyeti Sivile yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iratabariza Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bamaze igihe mu magereza bataburanishwa ngo niba hari n’ibyo bashinjwa babiburaneho, ahamaze kumenyekana abarenga 600.

Abahagarariye Sosiyete sivile zikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baravuga ko bafite imibare y’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bafungiye mu magereza atandukanye muri iki Gihugu bakaba bamaze igihe kinini bataragezwe imbere y’ubutabera.

Ruvuzangoma Rubibi Saint Cadet, uyobora Sosiyete Sivile mu Minembwe;  avuga ko abo Banyekongo bagiye bafatirwa mu bice bitandukanye by’iki Gihugu bakajyanwa i Kinshasa gufungirwayo.

Ati “Hari abo nibonye bafunzwe mpari, dufite imiryango mu burasirazuba bwa Congo iyo bafunze umuntu ako bahita batumenyesha ariko abo batwaye ni benshi turi kumwe mu Minembwe barimo n’abagore bari i Kinshasa. Ibyo ni ibintu bizwi ko babaziza kuba ari ibyitso bya M23.”

Nyuma yuko Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bari bamaze kubona bagenzi babo bakomeje gufungwa ntibanagezwe imbere y’ubutabera, bakoze ubushakashatsi mu magereza atandukanye y’i Kinshasa basanga ho honyine hafungiyemo abarenga 600.

Aba bagiye bagerageza gusaba Leta ya Congo Kinshasa kuburanisha aba Banyekongo bavuga Ikinyarwanda ariko nta gisubizo babonye.

Umwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda utashatse ko amazina ye atangazwa, akaba ari umwe mu bagize Umuryango w’Abambasaderi b’Amahoro muri Kivu y’Epfo, avuga ko umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagurukira iki kibazo.

Yagize ati “Turasaba Ibihugu byo mu Muryango w’Abibumbye ko byahagurukira iki kibazo, bakibutsa Congo ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu bugomba kubahirizwa. Ubwicanyi burimo kuba bukorerwa Abanyamulenge amahanga arebera, turasaba imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu gushyira igitutu kuri Leta ya Congo kurenganura Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bafunzwe bazira uko baremwe.”

Mu bihe byashize Leta ya Kinshasa yafashe umwanzuro wo gufungura zimwe mu mfungwa zari zifungiye muri gereza ya Makala iherere i Kinshasa kubera ubucucike bukabije bwari buyirimo, bagaragayemo na bacye mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda barimo Dr Lazare Sebitereko, umwe mu bazwi muri Sosiyete y’Abanyamulenge muri DR Congo, bavugwa ko yari afunzwe binyuranyije n’amategeko n’inzego z’ubutasi za Leta.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z'ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.