Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA
0
Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Abanyamerika cy’ubumenyi bw’Ikirere (NASA) cyatangaje ko muri 2030, abantu ba mbere biga ibijyanye n’imibumbe n’isanzure, bazatangira kujya kuba ku kwezi.

Byemejwe n’umuyobozi wa gahunda y’iki kigo yiswe Orion, Howard Hu wemeje ko mu mwaka wa 2030 ikiremwamuntu kizaba giturutse ku Isi, kizakandagiza ikirenge ku kwezi.

Yatangaje ibi ubwo hatangizwaga ku mugaragaro iyi gahunda ya Orion, aho yemeje ko abantu ba mbere bazajya ku kwezi ari abashakashatsi n’abahanga bazaba bagiye gukora ubucukumbuzi kuri uyu mubumbe.

Yagize ati “Bizaba ari umunsi w’amateka mu rwego rwo gukomeza gucukumbura isanzure. Ni intambwe ikomeye yo gucukumbura imibumbe by’igihe kinini atari kuri Leta Zunze Ubumwe za America gusa ahubwo n’Isi yose.”

Howard Hu yavuze ko ku kwezi habanje koherezwayo ikinyabiziga cyagiye cyonyine ariko ko “Tugiye gusubira ku kwezi, turi gukora kuri gahunda irambye, noneho ni ikinyabiziga kizageza abantu bwa mbere ku kwezi.”

Ikinyabiziga kizagenda mu butumwa bwiswe Artemis 2 ni cyo kizajyana abantu ku kwezi ariko ntikibagezeyo neza ahubwo kikazakurikirwa n’icyo mu butumwa bwiswe Artemis 3 ari na bwo abantu bazagera ku kwezi, nyuma y’imyaka 50 habayeho ubundi butumwa bwiswe Apollo bwo mu 1972.

Umuyobozi wa NASA, Bill Nelson avuga ko ari iby’agaciro kuba hari gutegurwa uburyo gutuza abantu ku kwezi mu gihe kandi hari n’indi gahunda yo kohereza abantu ku mubumbe wa Mars.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Next Post

Isezerano Cristiano yasigiye Manchester United nyuma yo gutandukana

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isezerano Cristiano yasigiye Manchester United nyuma yo gutandukana

Isezerano Cristiano yasigiye Manchester United nyuma yo gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.