Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 bakekwaho ubujura bw’Inka bakazibagira mu biraro bazisanzemo cyangwa mu bisambu, barimo uwari umaze kubaga inka ijana mu gihe cy’amezi atatu gusa, wanigeze gufungwa imyaka ibiri azira n’ubundi ubujura bw’inka.

Aba bantu 16 berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024 ku cyicaro Gikuru cya Polisi yo mu Mujyi wa Kigali, i Remera mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko mu majwi amaze iminsi azamurwa n’abaturage, bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo yabo byumwihariko Inka, akaba ari byo byatumye iki kibazo gihagurikirwa, hagafatwa aba bakekwajo kuziba bakajya kuzibaga.

Ati “Hari abazibagira mu biraro, hari abazibagira mu gasozi, hari n’abazitwara bakazibagira kure y’urugo, ndetse hari n’abazigurisha ahandi kure babanje kuzishorere. Twaraburiye, twarigishije, twarasobanuye, ngira ngo hari abagize ngo iyo tuvuga tuba ari ukwivugira gusa ari ugukanga.”

ACP Rutikanga, avuga ko inka zikekwaho kwibwa n’aba bantu, zagiye zibwa mu Turere twa Rulindi, Gasabo, Gakenke, Bugesera, Gicumbi, ndetse no muri Nyarugenge mu bice bikirimo aborozi nko mu Murenge wa Kanyinya.

Avuga ko ikigaragaza ko aba bafashwe ari bo bari inyuma y’ubu bujura, ariko uko aborozi bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo “nibura uyu munsi barahumeka.”

Uwizeyimana Eugene alias Sekomo, umwe muri aba berekanywe uyu munsi, mu gihe cy’amezi atatu gusa yari amaze kubaga Inka ijana.

CP Rutikanga ati “Iyo bivuze ngo arazibaga, turanibaza ngo azibona ate? Zimugeraho zite? Ntumugire ngo ni we ugenda wenyine, aba afite abandi bantu akorana na bo.”

Yavuze ko ubujura bukekwa kuri uyu Sekomo, bwakorewe mu Turere twa Rulindo, Gicumbi, Gasabo na Gakenke.

Ati “Kandi uyu yanigeze kugororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa umwaka umwe, ndetse yigeze no gufatwa arakatirwa n’ubutabera afungwa imyaka ibiri muri Gereza ya Nyarugenge, arasohoka azize n’ubundi ibyo byaha by’ubujura bw’Inka.”

CP Rutikanga avuga ko abakorana n’uyu mugabo, biyita Abatenesi bagenda bamuha amakuru amufasha muri ubu bujura bw’amatungo.

Ati “Abo ngabo ni icyenda. Hari undi wiyongereyemo waturutse i Gicumbi, umwe aturuka mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, ariko abenshi baturuka muri Jali mu Karere ka Gasabo.”

Avuga ko muri ibi bikorwa by’ubujura, aba bantu bakoranaga na Sekoma, bibaga Inka, ubundi bakajya kuzibaga, bagatwara inyama gusa babanje kuzikokora ku magufwa, kugira ngo byorohere umwana yakoreshaga muri ubu bujura, abashe kuzikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.