Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye umusore ukekwaho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, aho yagiye arya amafaranga y’abantu batandukanye abizeza ibitangaza, barimo umukobwa yabeshye urukundo ko azamushakira ibyangombwa bimujyana muri Canada, akamurya 3 000 $ [Arenga miliyoni 4 Frw].

Uyu musore w’imyaka 33 witwa Musabyimana Theophile uzwi nka Hirwa nk’izina yiyise avuga ko ari iry’akazi, yerekanywe kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, mu gihe yafashwe tariki 19 Ukuboza.

Akurikiranyweho ibyaha bitatu, ari byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kwiyitirira umwuga adafitiye ububasha, gukora cyangwa gukoresha impapuro mpimbano.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ifatwa ry’uyu musore ryaturutse ku butekamutwe yakoreye umugore w’umwe mu biyita ba Noteri uherutse gufatwa na we, akamubwira ko baziranye, kandi ko ashaka kumwitura akamufunguza ngo kuko yamugiriye neza.

Ati “Yamusabye amafaranga 1 135 000, ayo mafaranga yavugaga ko ari yo kugira ngo asubizwe muri ba bantu bibwe ikibanza, noneho ngo dosiye isubire inyuma ngo mu Bugenzacyaha ngo hanyuma dosiye ntijye muri IECMS [sisiteme inyuzwamo ibireho].”

Iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko uyu muntu yagiye yaka abantu banyuranye amafaranga, abizeza ibyo azabakorera, bikarangira bitabaye.

Nko ku mukobwa yabeshye urukundo, uyu Musabyimana yamwizeje ko bazabana, ndetse ajya no kumwerekana mu muryango we, aza no kumwizeza ko azamushakira ibyangombwa byo kujya gutura muri Canada, undi amuha ibihumbi bitatu by’idolari ( 3 000 USD).

Dr Murangira ati “Yaramubeshye barakundana, akajya ajya n’iwabo bamuzi, akajya afata imodoka akagenda akamufata ku kazi, akamugenza mu rugo, mu gitondo akamufata akamugeza ku kazi, undi akaba azi ko imodoka ko ari iye, kandi ari yo yabaga yakodesheje, hanyuma umukobwa aramwizera uyu Hirwa atangira kumubwira ukuntu azamufasha kujya muri Canada, ku ikubitiro umukobwa amuha ibihumbi bitatu by’amadolari.”

Dr Murangira yavuze kandi ko nyuma yo kumuha ibyo bihumbi bitatu by’amadolari, hari n’andi mafaranga uyu mukobwa yagendaga amuha, rimwe akamuha “ibihumbi magana atanu, ibihumbi managa abiri, ngo by’ibyangombwa…”

Hari abandi yagiye yizeza kubaha telefone zigezweho, akabaka amafaranga ari munsi y’igiciro cyazo, nk’uwo yari yizeje iPhone 16 Pro Max ku bihumbi 900 Frw, birangira atayimuhaye.

Undi yamuhaye ibihumbi 400 Frw amwizeza kuzamuhuza n’umucuruzi uzamuha iPhone 11 Pro Max, na we amaso ahera mu kirere.

Hari n’abo yizezaga kubasengera bagakira, aho hari uwo yabibeshye kugira ngo amusengere ngo azakire inyatsi, akamuha miliyoni 9 Frw.

Nanone kando hari abo yabeshye ko bafatanya mu gushora imari, nk’uwo yabwiye ko bafatanya mu ishoramari ry’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro, akamusaba gushora imari ya miliyoni 11 Frw.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wasabye abantu kujya bashishoza mu gihe bizezwa ibitangaza nk’ibi, yasabye ababa baratekewe umutwe n’uyu mugabo, kujya gutanga ikirego kugira ngo iperereze rigendere rimwe.

Yagize ati “Hari igihe haba hari ababeshywe, hari ufite ikirego, natere intambwe yegere RIB hano i Remera byiyongere ku bindi.”

Mu byaha akurikiranyweho kandi, harimo ibishingiye kwiyitirira inzego zirimo iz’umutekano n’iz’ubutabera, mu rwego rwo kugira ngo abone uko atekera umutwe abantu ngo abarye amafaranga yabo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi ruvuga ko uyu Musabyimana Theophile atari ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha, dore ko n’ubundi yigeze gukatirwa igifungo cy’imyaka itatu, aho umwe yawufunzwe n’undi yasubikiwe mu myaka ibiri, akaba yari akiri mu bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + two =

Previous Post

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Next Post

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje
IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.