Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene butuma batabasha kubona ibyo kurya.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu nama yiga ku iterambere ry’imibereho iri kubera i Doha muri Qatar ahateraniye Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, biga ku ngingo zinyuranye zirimo kurwanya ubukene, guhanga imirimo igezweho ndetse no kwita ku bantu bose, hatagize n’umwe uheezwa muri ibyo bikorwa.

Si ubwa mbere abayobozi baturutse mu Bihugu binyuranye baganiriye kuri izi ngingo, dore ko zari zanaganiriweho mu nama ya mbere yabereye Copenhagen, muri Denmark mu mwaka wa 1995. Icyo gihe bemeje ko bagomba kubishyira mu bikorwa hagamijwe kugera ku ntego z’umwaka wa 2030.

António Manuel de Oliveira Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko hakiri umubare munini w’abaturage bakiri mu bukene bukabije.

Yagize ati “Birababaje kuba abaturage bagera kuri miliyoni 700 bakiri mu bukene bukabije, mu gihe 1% by’abaherwe bihariye kimwe cya kabiri cy’ubukungu bw’isi. Ntibyumvikana ukuntu miliyoni nyinshi zikigendana inzara, abandi bakaba bakicwa n’indwara zashoboraga kwirindwa.

Ntabwo byihanganirwa kuba miliyari enye z’abaturage batagerwaho na serivisi zo kubakura mu bukene. Guverinoma n’abikorera bagomba gufatanya guhanga imirimo igezweho, kandi iyo mirimo igomba no kugera ku bagore.

Tugomba gushyiraho amategeko ajyanye n’umurimo kugira ngo inyungu zitabangamira uburenganzira bw’abakozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo bisanzwe bizwi, ariko imiyoborere idahwitse ari yo ituma bikomeza kubangamira iterambere ry’abaturage.

Yagize ati “Ibi bibazo ntabwo ari bishya, ariko imiyoborere yacu ntijyana na gahunda zo kubikemura. Guteza imbere imibereho y’abaturage ni urugendo rukomeza, ariko bisaba kujyana n’igihe.

Igikenewe uyu munsi ni ugushyiraho impinduka zitanga umusaruro, kandi tukubakira ku byagezweho. Umusaruro uzaterwa n’ibintu byinshi, ariko icy’ingenzi ni ukuzamura ubushobozi bw’abaturage.”

Umukuru w’igihugu kandi yavuze ko igisubizo cy’ibyo bibazo kitagomba gushakirwa ahandi, asaba bagenzi be kwigira ku Rwanda. Yanasabye ko abashyiraho ingamba zo kubikemura bagomba kuva mu magambo, ahubwo bagashyira mu bikorwa bitanga umusaruro ufatika.

Yagize ati “Kugira ngo iterambere rirambe, ntabwo ushobora gutegereza ko rizava hanze. Ubu buryo ni bwo bwagize uruhare mu iterambere ry’u Rwanda. Gahunda zo guteza imbere imibereho y’abaturage, guha abaturage ijambo mu bibakorerwa, no kubazwa inshingano ni ryo shingiro ry’imiyoborere yacu.

Buri cyemezo dufata kiba kigamije guteza imbere imibereho y’abaturage. Tugomba no kwagura imikoranire, ariko ubufatanye bw’isi ntabwo butanga inyungu zingana. Tugomba kureka uburyo bwa kera kuko buheza igice kinini.

Kugira ngo ubwo bufatanye bugere ku rwego, bugomba kuba bugamije umusaruro ufatika, bikava mu magambo.”

Perezida wa Zimbabwe, Emerson Dambudzo Mnangagwa, yavuze ko yagerageje guhangana n’ibi bibazo ariko agatsikamirwa n’ibyemezo by’amahanga.

Yagize ati “Iterambere rikomeje kubangamirwa n’ibyemezo bidakwiye, birimo n’ibihano Igihugu cyacu cyashyiriweho.

Imihindagurikire y’ikirere na yo ikeneye amafaranga. Zimbabwe irasaba amavugurura mu mikorere y’inzego mpuzamahanga zishinzwe imari. Bagomba kutusonera inguzanyo kandi bakiyemeza gutanga inguzanyo zishyigikira iterambere.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2025, miliyoni 808 z’abatuye isi ziba mu bukene bukabije, zingana na 9.9% by’abatuye isi bose. Aba baturage ntibabasha kubona amadolari 3 yo kubatunga ku munsi umwe.

Iyi mibare kandi igaragaza ko miliyari 1.1 z’abaturage bugarijwe n’ubukene budashingiye ku byo binjiza ku munsi, mu gihe kugeza ubu, abaherwe ku isi bangana na 5% by’abatuye isi, ariko bihariye 69% by’ubutunzi bw’isi yose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Next Post

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.